Urutonde rwa Hadithi.

Urwana aharanira ko ijambo rya Allah ari ryo riganza, uwo aba aharanira inzira ya Allah
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ntabwo nabarahije kubera ko hari icyo mbashinja, ahubwo Malayika Djibril yaje ansanga ambwira ko Allah Nyir'ubutagatifu abaratiye abamalayika!
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Mujye mugorora imirongo yanyu, kubera ko kuyigorora ari bimwe mu bituma iswalat yuzura
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Umwemeramana ntakange umwemeramanakazi, nagira imico mibi atamushimaho, azagira indi amushimaho
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Igihe kimwe nari kumwe n'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha), ishaka kwihagarika yerekera aho abantu bamenaga imyanda, yihagarika ihagaze
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ese mbabwire inkuru y'umunyabinyoma Dadjali, buri muhanuzi yabwiraga abantu be? Ahumye ijisho rimwe, kandi naza azaza azanye ibimeze nk'ijuru n'umuriro,
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iyo yajyaga isali yatandukanyaga hagati y'amaboko yayo kugeza ubwo urebye mu kwaha kwayo
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Idinari ryiza kuruta ayandi umuntu atanze: Ni iryo atanze aha abo ashinzwe, hagakurikiraho iryo umuntu atanze aha itungo rye ajyana mu nzira y'Imana, n'idinari umuntu atanze aha bagenzi be mu nzira y' Imana
عربي Icyongereza. Iki Urdu
UBURYO KWIYUHAGIRA IJANABA BIKORWA.
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Muzakomeza gukurikira imigenzo y'ababayeho mbere yanyu, intera ku yindi, intambwe ku yindi
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Nta kwandura kubaho, nta n'umwaku, nta no kwemera ibigeragezo n'ibyago by'ukwezi kwa kabiri, kandi jya uhunga ibinyoro nkuko uhunga intare
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Mu by'ukuri abantu iyo barebereye umunyamahugu ntibamubuze, baba bari hafi yo kugerwaho bose n'ibihano bya Allah
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Afite intsinzi niba ari kuvugisha ukuri
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Afite ikimwaro, afite ikimwaro, afite ikimwaro", nuko barayibaza bati: Uwo ni nde yewe Ntumwa y'Imana? Irabasubiza iti: Uzaba afite ababyeyi be bakuze, cyangwa se umwe muri bo, cyangwa se bombi, bagapfa batamwinjije ijuru
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Al Mufaraduna babatanze
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Umuyisilamu nabazwa mu mva agahamya ko nta yindi mana ikwiye gusengwa by'ukuri usibye Imana imwe rukumbi na Muhamadi akaba Intumwa yayo
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ko umugore umwe yagaragaye yapfuye muri zimwe mu ntambara Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yari yitabiriye, nuko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yamagana kwica abagore n'abana
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Yabujije guhiga (ko uzakora ikintu), iranavuga iti: "Ntabwo bituma hari icyo ubona bwangu cyangwa ngo gikererwe, ahubwo guhiga bituma umunyabugugu akora icyiza (kubera ko ubusanzwe akora iby'itegeko kuri we gusa)
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Umugabo uzambara ihariri hano ku isi ntazayambara ku munsi w'imperuka
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Muri bimwe bigize guharanira inzira y'Imana (Djihadi) ni ijambo ritabogama imbere y'umutegetsi ubogama
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Umugabo umwe yabajije Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ku bijyanye n'umunsi w'imperuka, nuko arayibaza ati: Imperuka izaba ryari? Intumwa iramubaza iti: Ni gute wayiteguriye?
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Nta yindi mana ikwiye gusengwa by'ukuri uretse Allah, abarabu kababayeho kubera ibibi byegereje, uyu munsi Ya'adjudja na Ma'adjudja bamaze gutobora ku rukuta rwabo ahangana gutya
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yajyaga igira isoni kurusha umukobwa w'isugi, iyo yabonaga ikintu itishimiye twabiboneraga mu buranga bwayo
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Uzasaba Allah gupfa aharanira inzira ya Allah mu kuri, Allah azamugeza mu rwego rw'abapfuye baharanira inzira ya Allah, kabone n'iyo yapfa azize urw'ikirago
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ku munsi w'imperuka umuntu azazanwa atabwe mu muriro, amara asohoke mu nda ye, ayazenguruke nkuko indogobe izenguruka urusyo
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Iryo ni ibuye ryatawe mu muriro hashize imyaka mirongo irindwi, ubu nibwo rigeze ku ndiba y'umuriro!
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Uzategura urugamba rwo guharanira inzira ya Allah, nawe azaba arurwanye, n'uzasigariraho uwagiye guharanira inzira ya Allah mu byiza nawe azaba arurwanye
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Uzimwa koroha azaba yimwe ibyiza
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Uzisukura neza (Udhu) ye yarangiza akajya mu iswalat ya Idjuma, agatega amatwi akumviriza, azababarirwa ibyaha bye yakoze hagati y'iyo djuma n'iyayibanjirije ndetse no kongeraho iminsi itatu
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ese mbereke ibyiza biruta ibyo mwasabye? NIba mugiye kuryama- cyanwga se mumaze kubugeramo, mujye mutagatifuza Allah (Subhanallah) inshuro mirongo itatu n'eshatu, mumusingize (Alhamdulillah) inshuro mirongo itatu n'eshatu, mumukuze (Allah Akbar) inshuro mirongo itatu n'enye, ibi nibyo byiza kuri mwe kuruta umukozi mwashakaga
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yari umunyabuntu kuruta abantu bose, ariko yarushagaho kubugira mu kwezi kwa Ramadhan aho yahuraga na Malayika Djibril
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Uzarahira mu ndahiro ye akavuga ati: Ndahiye ku bigirwamana ku izina ry'ibigirwamana Lata na Uzza, ajye ahita avuga ati: LA ILAHA ILA LLAH (Nta yindi mana ikwiye gusengwa uretse Allah), n'uzabwira mugenzi we ati: Ngwino dukine urusimbi, azatange ituro
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ese muzi uwashiriwe uwo ari we?
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Nta muntu n'umwe muri mwe uretse ko azavugishwa na Allah, nta musemuzi
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Uzavuga imvugo navuze abizi cyangwa akeka ko ari ikinyoma, azaba ari umwe mu babeshyi
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Iyo yinjiraga mu musigiti yaravugaga iti: AWUDHUBILLAHIL ADHWIM, WA BIWAJ'HIHIL KARIM, WA SULTWANIHIL QADIM, MINA SHAYTWANI RADJIIM: Nikinze ku izina rya Allah rihambaye, n'uburanga bwe butagatifu, n'ubutware bwe budafite intangiriro ngo andinde Shitani wavumwe
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Allah Nyir'ubutagatifu azabwira umuntu uzaba ufite igihano cyoroshye kurusha abandi mu muriro ati: Ese iyo uza kuba ufite ibyo mu isi yose wari kubitangaho incungu kugira ngo udahanwa? Azamusubiza ati: Yego
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Mu by'ukuri Allah Nyir'ubutagatifu azabwira abantu bo mu ijuru ati: Yemwe bantu bo mu ijuru? Bamubwire bati: Turakwitabye Nyagasani kandi turakumviye, nuko ababwire ati: Mwanyuzwe? Bamusubize bati: Ni gute tutanyurwa kandi waduhaye ibyo utigeze uha n'umwe mu biremwa byawe?
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Nta muyisilamu n'umwe utawaza agatunganya isuku ye neza, hanyuma agahaguruka agasali raka ebyiri, azishyizeho umutima we n'uburanga bwe bureba Qiblat, usibye ko ari itegeko kuri we kuzinjira mu ijuru
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ntimukarahire ku nkozi z'ibibi no ku bakurambere banyu
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Umurongo mwiza mu iswalat ku bagabo ni uwubanza, n'umubi ni uw'inyuma; n'umurongo mwiza ku bagore ni uw'inyuma, n'umubi ni uw'imbere
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Izi swalat ziremerera indyarya, n'iyo muza kumenya ibyiza bizirimo mwari kujya muza kabone n'iyo mwaba mukambakamba
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Yewe Ntumwa y'Imana! Nyina wa Sa'ad yarapfuye, none ni irihe turo ryiza namutangira? Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iramusubiza iti: Ni amazi! Sa'ad yaravuze ati: Nuko acukura iriba aravuga ati: Iri ni irya Nyina wa Sa'ad
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Yewe Abas, yewe se wabo w'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha), ujya usaba Allah ubuzima bwiza hano ku isi no ku munsi w'imperuka
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ibi byombi ni ikizira ku gitsinagabo mu bayoboke banjye, ariko biziruriwe igitsinagore muri bo
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Yabujije kurya buri nyamaswa ifite imikaka, na buri ikiguruka cyose cyatuye inzara
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Mu by'ukuri Allah ntiyemera igikorwa umuntu yakoze atari we wenyine agikoreye kandi akaba ari we wenyine ashaka kwishimirwa nawe
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Nta Ntumwa n'imwe mbere yanjye Allah yohereje ku bantu runaka, usibye ko yabaga ifite abayirengera muri abo bantu yatumweho, ndetse n'abasangirangendo bashikama ku migenzo ye bakanakurikiza amategeko ye
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Nahawe ibintu bitigeze bihabwa n'umwe mbere yanjye
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Umwe muri mwe nahura n'umuvandimwe we ajye amusuhuza, nibatandukanywa n'igiti cyangwa se urukuta cyangwa se ibuye bakongera guhura ajye yongera amusuhuze
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Shitani ipfundika amapfundo atatu mu irugu ry'umwe muri mwe igihe aryamye, igakubita kuri buri pfundo ivuga ati: ufite ijoro ryose komeza wiryamire
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Mu ijoro nazamuwe mu ijuru (Is'ra-i) nahuye na Ibrahim maze arambwira ati: Yewe Muhamad, uzansuhurize abayoboke bawe indamutso y'amahoro, unababwire ko ijuru ari ryiza, ubutaka bwaryo ari bwiza, amazi yaryo ari urubogobogo
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Nimukubona mujye mu gusiba, nimunakubona mujye musiburuka, ariko nimukingirizwa n'ibicu mujye mwuzuza iminsi mirongo itatu
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ntumwice, kuko numwica araba agiye mu mwanya wawe mbere y'uko umwica, nawe ujye mu mwanya we mbere y'uko avuga ibyo yavuze
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ndaha ibendera umugabo ukunda Allah n'Intumwa ye, Allah azahesha intsinzi
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Mujye mwumva munumvire, bazabazwa ibyo bategetswe, namwe mubazwe ibyo mwategetswe
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Gutuka umuyisilamu ni ubugizi bwa nabi, no kumurwanya ni ubuhakanyi
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ntimukabanze abayahudi n'abanaswara indamutso y'amahoro, ahubwo nimujya muhura n'umwe muri bo mu nzira mujye mumutera kubabererekera
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ntabwo ari muri twe wa wundi wikubita ku matama, akiciraho imyambaro, agahamagarira ibya kijiji
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Umuntu uzaba ashaka kujya mu iswalat y'imbaga y'umunsi wa gatanu (Idjuma) ajye yiyuhagira
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Umunyabugugu ni wa wundi izina ryanjye rivugwa ahari ntansabire amahoro n'imigisha
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Umuntu uzazindukira ku musigiti cyangwa se bugorobye, Allah yamuteguriye amazimano mu ijuru, buri uko aje azindutse mu rukerera cyangwa se aje bugorobye
عربي Icyongereza. Iki Urdu
RABI GH'FIR LII KHATWII-ATII WA DJAH'LII, WA ISRAFII FII AMRII KULIHI, WA MA ANTA A'ALAM BIHI MINI. ALLAHUMA GH'FIR LII KHATWAYAYA, WA AMDII WA DJIDII WA HAZ'LII, WA KULU DHALIKA INDII. ALLAHUMA GH'FIR LII MA QADAMTU WA MA AKHARTU, WA MA AS'RARTU WAMA A'ALANTU, ANTAL MUQADIMU WA ANTAL MU-AKHIRU, WA ANTA ALA KULI SHAY'IN QADIIR: Nyagasani Mana mbabarira amakosa yanjye, n'ubujiji bwanjye, no kurengera kwanjye mu byo nkora byose, n'ibyo nkora uzi neza kundusha. Mana Nyagasani mbabarira amakosa yanjye, n'ibyo nkora ngambiriye, n'ibyo nkora bya kijiji, n'ibyo nkora ndi gukina, kandi byose bikorwa nanjye. Mana Nyagasani mbabarira ibyo nakoze byabanje, n'ibyaherutse, n'ibyo nakoze mu ibanga no ku mugaragaro, Ni wowe wabanje ni nawe uzaheruka, kandi ni wowe ufite ubushobozi kuri buri kintu
عربي Icyongereza. Iki Urdu
ALLAHUMA AUDHUBIKA MIN ZAWAALI NI’IMATIKA, WA TAHAWULI A’AFIYATIKA, WA FUJA-ATA NIََQ'MATIKA, WA JAMI-I SAKHATWIKA: Mana Nyagasani nkwikinzeho ngo undinde gushirirwa n’inema zawe, no guhinduka njya mu buzima bubi, no gutungurwa n’ibihano byawe, n’ibyo ari byo byose byatuma undakarira
عربي Icyongereza. Iki Urdu
“Mana Nyagasani nkwikinzeho ngo undinde gusumbirizwa n’ideni, no kuneshwa n’umwanzi, no gushinyagurirwa n’abanzi.”
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Vuga uti: ALLAHUMA H'DINII WA SADID'NII, WADH'KUR BIL HUDA HIDAYATAKA A-TWARIIQA, WA A-SADADI SADAADA A-SAH'MI: Mana Nyagasani nyobora, unanyerekere, unanshoboze gushikama ku nzira igororotse muri gahunda zanjye zose
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Shyira ukuboko kwawe aho ufite uburibwe, maze uvuge inshuro eshatu uti: BISMILLAH: Ku izina rya Allah, nurangiza uvuge inshuro zirindwi uti: AUDHU BILLAHI WA QUD'RATIHI MIN SHARI MA ADJIDU WA UHADHIRU: Nikinze kuri Allah no ku bushobozi bwe ngo andinde ububi bw'ububabare mfite ndetse n'ibyo ntinya
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Nta n'umwe usali mbere y'uko izuba rirasa cyangwa se rirenga uzigera yinjira mu muriro
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Nta n'umwe unyifuriza amahoro n'imigisha usibye ko Allah angarurira roho yanjye, nanjye nkikiriza amahoro anyifurije
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Umuhamagazi azahamagara avuge ati: Mugiye kugiriramo ubuzima ntimuzigera murwara na rimwe, mugiye kubaho ntimuzigera mupfa na rimwe, mugiye kuribamo muri abasore ntimuzigera musaza na rimwe, mugiye kurihererwamo ingabire ntimuzigera mubaho nabi na rimwe
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Abantu bazajya mu ijuru nibamara kurigeramo, Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti: Allah Nyir'ubutagatifu azababaza ati: Hari ikindi mwifuza ngo mbongere?
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Umwe muri mwe natawaza, akambara amasogisi akoze mu ruhu (Khofu) ze, ajye asali azambaye, azihanagureho, nabishaka ntaziyambure cyeretse igihe afite ijanaba
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Urabibona ute ndamutse nsaye iswala nategetswe, nkasiba igisibo cy'ukwezi kwa Ramadhan, nkazirura ibiziruye, nkaziririza ibiziririjwe
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Nategetswe kurwanya abantu kugeza ubwo bazahamya ko nta yindi Mana iriho ikwiye gusengwa uretse Allah na Muhamadi akaba ari Intumwa y’Imana, bagahozaho iswalat, ndetse bakanatanga ituro ry'itegeko (Zakat)
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Iyo abantu baza kuba bahabwa hashingiwe ku byo bavuga (imbere y'ubucamanza) bidafitiwe gihamya, abantu bamwe bari kujya bigabiza imitungo n'amaraso by'abandi (bababeshyera), ahubwo igishingirwaho ni gihamya itangwa n'urega, naho uhakana agakoresha indahiro
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Mu by'ukuri Allah yaziririje kugurisha inzoga, n'ibyipfishije, n'ingurube ndetse n'ibigirwamana
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Bimwe mu byo abantu basigaranye bakomora ku buhanuzi bwo hambere, nuko umuntu utagira isoni yajya akora ibyo ashatse
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Jya uba ku isi nk'umushyitsi cyangwa se umuntu wihitira
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ururimi rwawe ntiruzatane no gusingiza Allah
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Icyiza ni ukurangwa n'imico myiza, naho ikibi ni cya kindi ukoze kikakubuza amahoro mu mutima wawe, kandi ukanga ko abantu bakimenya
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ese Allah ntiyabashyiriyeho ibyo mwatangamo amaturo? Buri uko usingije Allah uvuga uti: SUBHANALLAH (Ubutagatifu ni ubwa Allah) wandikirwa nk'utanze ituro, na buri uko uvuze ALLAH AKBAR (Allah asumba byose) wandikirwa nk'utanze ituro, na buri uko uvuze AL HAMDULILLAH (Ikuzo n'ishimwe ni ibya Allah) wandikirwa nk'utanze ituro, na buri uko uvuze LA ILAHA ILA LLAH (Nta yindi mana ikwiye gusengwa utetse Allah) wandikirwa nk'utanze ituro, no kubwirizanya gukora ibyiza wandikirwa nk'utanze ituro, no kubuzanya ibibi wandikirwa nk'utanze ituro, ndetse no kugirana imibonano hagati y'abashakanye bandikirwa nk'abatanze ituro!
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Mwirinde uyu mwanda Allah yabujije, kandi uzacikwa akawugwamo ajye yihishira nkuko Allah yamuhishiriye anamwicuzeho, kandi uwo tuzajya tumenya ibye tuzaza tumuhana nk'uko biri mu gitabo cya Allah Nyir'ubutagatifu
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Mu by'ukuri Allah yagennye amategeko muramenye ntimuzayirengagize, ashyiraho n'imbago muramenye ntimuzazirengeho, anaziririza bimwe mu bintu muramenye ntimuzabirengeho, agira n'ibindi yacecetse ntiyabivugaho kubera impuhwe abafitiye, atari uko abyibagiwe, muramenye ntimuzabicukumbure “Mu by’ukuri ibikorwa byose bigomba kujyana n’umugambi, kandi buri wese ahemberwa icyo yakoranye umugambi Hadith yaturutse kwa Abu Abdu Rahman Abdullah Ibun Umar Ibun Al Khatwab (Imana imwishimire) yaravuze ati: Numvise Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ivuga iti:||"Ubuyisilamu bwubakiye ku nkingi eshanu ari zo: Guhamya ko nta yindi mana ikwiye kugaragirwa by'ukuri usibye Allah, kandi ko na Muhamadi ari umugaragu we ndetse akaba n'Intumwa ye, guhozaho iswalat, gutanga amaturo y'itegeko, gukora umutambagiro mutagatifu ku ngoro ya Al Ka'abat, ndetse no gusiba igisibo cya Ramadhan Mu by'ukuri iremwa ry'umwe muri mwe rikusanyirizwa mu nda ya nyina mu gihe kingana n'iminsi mirongo ine Uzagira ibihimbano azana muri iri dini ryacu bitaririmo, bizamugarukira Hadith yaturutse kwa Abu Abdillah A-Nu'uman Ibun Bashir (Imana imwishimire) yaravuze ati: Numvise Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ivuga iti:||“Mu by’ukuri, ibiziruye (Halali) birasobanutse kandi n'ibyaziririjwe (Haramu) birasobanutse, ariko hagati yabyo byombi hari ibiteye urujijo abantu benshi batajya bamenya. Bityo uzirinda ibyo biteye urujijo azaba arinze idini rye n'icyubahiro cye. N’uzagwa muri ibyo biteye urujijo azaba aguye mu biziririjwe; ameze nk'umushumba uragiye amatungo ye iruhande rw'umurima uzitiye, amatungo ye yenda kumucika ngo yone. Nta gushidikanya ko buri mwami agira imbago, kandi imbago z'Imana ni ibyo yaziririje. Nta gushidikanya ko mu mubiri habamo inyama, iyo itunganye umubiri wose uratungana, yakangirika umubiri wose ukangirika, iyo nyama nta yindi ni umutima.” Hadith yaturutse kwa Abu Ruqayat Tamim Ibun Awsi A-Daariy (Imana imwishimire) yavuze ko Intumwa y’Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze iti:||Idini ni ukugirana inama! Turayibaza tuti: Kuri inde? Intumwa y'Imana iti: "Inama zishingiye kuri Allah n’igitabo cye n’Intumwa ye, no ku bayobozi b'abayislamu, n’abandi muri rusange Ibyo nababujije mujye mubyirinda, n'ibyo nabategetse mujye mukoramo ibyo mushoboye Hadith yaturutse kwa Abu Hurayrat (Imana imwishimire) yaravuze iti: Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti:||Mu by'ukuri Imana ni nziza, kandi ntiyemera uretse ibyiza. kandi mu by'ukuri Imana rurema yategetse abemera nk'ibyo yategetse Intumwa. Imana yaravuze iti: {Yemwe ntumwa murye mu byiza kandi mukore ibikorwa byiza}. Nanone Imana iti: {Yemwe abemeye Imana murye mu byiza twabahaye}; nyuma Intumwa yatanze urugero rw'umuntu wari ku rugendo rurerure yahindanye wese yuzuye ivumbi akazamura amaboko ye hejuru asaba ati: Mana yanjye, Mana yanjye, kandi ibyo arya bizira, n'ibyo yambaye bizira, atunzwe n'ibizira gusa! Ese umuntu nk'uyu ubusabe bwe bwakakirwa bute? Jya ureka gukora ibyo ushidikanyaho, ukore ibyo udashidikanyamo Hadith yaturutse kwa Abu Hamzat ari we Anas Ibun Malik (Imana imwishimire) wari umukozi w’Intumwa y’Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) nawe abikuye ku Ntumwa y’Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti:||"Umwe muri mwe ntaraba umwemera kugeza ubwo azifuriza mugenzi we ibyo nawe yiyifuriza Mu by'ukuri Allah yategetse kugira neza muri buri cyose gikozwe Yewe mwana ngiye kukwigisha amagambo (ugomba kwitaho): Jya wita ku mategeko y’Imana na yo izakwitaho. Jya wita ku mategeko y’Imana uzayisanga imbere yawe (aho ugana). Nushaka gusaba ujye usaba Imana, kandi nukenera inkunga ujye uyisaba Imana Hadith yaturutse kwa Abu Mas'ud ariwe Uq'bat Ibun Amri Al An'swariy Al Bad'riy (Imana imwishimire) yaravuze ati: Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti:||Bimwe mu byo abantu basigaranye bakomora ku buhanuzi bwo hambere, nuko umuntu utagira isoni yajya akora ibyo ashatse Hadith yaturutse kwa Abu Amri, binavugwa ko ari Abu Amrat Suf'yan Ibun Abdillah (Imana imwishimire) yaravuze ati:||Nabajije Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) nti: "Yewe Ntumwa y’Imana mbwira mu buyisilamu ijambo rimwe ntazigera ngira undi ndibaza, Intumwa y’Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iramusubiza iti: Vuga uti: Nemeye Allah, hanyuma ushikame kuri byo ushyira mu ngiro uko kwemera Ese urabibona ute ngiye nsenga amasengesho y’itegeko, nkasiba ukwezi kwa Ramadhan, nkakora ibiziruye, nkanirinda ibiziririjwe Isuku ni igice cy'ukwemera, no kuvuga ijambo AL HAMDULILLAH (Ikuzo n'ishimwe ni ibya Allah), byuzuza umunzani, no kuvuga amagambo SUBHANALLAH WAL HAMDULILLAH (Ubutagatifu n'ishimwe ni ibya Allah) byuzuza umwanya uri hagati y'ikirere n'isi Hadith yaturutse kwa Abu Hurayrat (Imana imwishimire) yaravuze ati: Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti:||"Buri rugingo mu ngingo zigize umuntu akwiye kurutangira ituro, na buri munsi izuba rirashe akwiye gutanga ituro; kunga ababiri bingana no gutanga ituro, gufasha umuntu ukamwuriza ku kigenderwaho cye, cyangwa se ukamuhereza umuzigo we ku kigenderwaho cye bingana no gutanga ituro, no kuvuga ijambo ryiza bingana no gutanga ituro, na buri rutambwe uteye ujya gusali (ku musigiti) bingana no gutanga ituro, no gukura mu nzira icyabangamira abantu bingana nko gutanga ituro Mbagiriye inama yo gutinya Allah, no kumva no kumvira, kabone n'iyo mwaba muyobowe n'umugaragu, kubera ko uzabasha kubaho nyuma yanjye igihe kirekire, azabona ukutavuga rumwe gukomeye! Muzashikame ku migenzo yanjye no ku migenzo y'abasigire banjye bayobotse bakanayobora inzira y'ukuri Ubajije ikintu gihambaye, ariko kuri wa wundi Allah yorohereje kiroroshye Ntimukabangame cyangwa ngo mubangamire abandi Imvugo yaturutse kwa Ibun Abass (Imana imwishimire we na se) yavuze ko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze iti:||"Iyo abantu baza kuba babona ibintu hashingiwe ku byo bibwira, abantu bari kujya bafata imitungo y'abandi n'ubuzima bwabo bakabyiyitirira, ariko ibishingirwaho n'ibimenyetso k'ushinja, n'indahiro k'umuntu uhakana ibyo ashinjwa Mu by'ukuri Allah yanditse ibyiza n'ibibi, nyuma arangije arabisobanura Mu by'ukuri Allah Nyir'ubutagatifu yaravuze ati: Uzagirira urwango umukunzi wanjye, uwo mutangarije intambara hagati yanjye nawe; kandi nta gihe umugaragu wanjye yanyiyegereza akora igikorwa cyaruta gukora ibyo namutegetse Umwe muri mwe ntaragira ukwemera cyeretse igihe ibyifuzo bye bigendera munsi y'ibyo nazanye BURI GISINDISHA KIRAZIRIRIJWE. Hadith yaturutse kwa Abdillah Ibun Amri (Imana imwishimire we na se) yaravuze ati: Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti:||Ibintu bine uwo bizagaragaraho azaba ari indyarya yuzuye, N'uzagira kimwe muri byo azaba afite kimwe mu biranga indyarya kugeza akiretse: Iyo yizewe arahemuka, yavuga akabeshya, yatanga isezerano akaryica, yanatongana akandagaza .(akarengera amahame y'ubutabera n'imico myiza) Iyaba mwiringira Imana bya nyabyo, yari kujya ibaha amafunguro nk'uko iyaha inyoni zizinduka mu gitondo zishonje, zikagaruka ku mugoroba zijuse Icyiza ni ukurangwa n'imico myiza, n'ikibi ni buri kintu cyose kikubuza amahoro mu mutima wawe, ukaba udashaka ko abantu bakimenya Ururimi rwawe ntirukajye rutandukana no gusingiza Allah Mu by'ukuri Imana Rurema yababariye abayoboke banjye ibyo bazakora batabigambiriye cyangwa bibagiwe cyangwa ibyo bahatiwe gukora
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Jya utera isi umugongo, Imana izagukunda, unatere umugongo ibitunzwe n'abantu, abantu bazagukunda
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Konka ibere rimwe biziririza nk'ibyo kuvukana mu nda imwe biziririza
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Nta kintu kibi mwene adamu yujuje nk'inda ye; kandi buri mwene Adamu ahagijwe n'imitamiro imukomeza ubuzima bwe, ariko nibiba ngombwa ko arenza, kimwe cya gatatu cy'inda ye azagiharire ibyo kurya bye, ikindi agiharire ibyo kunywa, ikindi agiharire ubuhumekero
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Mu bitunganya ubuyisilamu bw’umuntu ni uko areka ibitamureba
عربي Icyongereza. Iki Urdu