Urutonde rwa Hadithi.

Imperuka ntizigera iba kugeza ubwo umuntu azatambuka ku mva ya mugenzi we maze akavuga ati: "Iyaba ari njye wari ushyinguye hano!
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Imperuka ntizaba cyeretse mubanje kurwanya abayahudi, kugeza ubwo n'ibuye azaba yihishe inyuma rizavuga riti: Yewe muyisilamu! Nguyu umuyahudi inyuma yanjye ngwino umwice!
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ndahiye k'ufite roho yanjye mu biganza bye, ko muri hafi kubona Ibun Mariam abamanukiye azanye ubutabera, akamena imisaraba, akica ingurube, agashyiraho umusoro, n'imitungo ikazaba myinshi kugeza ubwo nta n'umwe uzayemera
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Imperuka ntizaba cyeretse izuba ribanje kurasira iburengerazuba, niriharasira abantu bakaribona, bose bazahita bemera
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Imperuka ntizabaho kugeza ubwo ibihe bizegerana
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Allah azazingazinga isi, azingazinge n'ibirere n'ikiganza cye cy'iburyo, narangiza avuge ati: Ninjye mwami, abami bo ku isi bari he?
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ikizenga cy'amazi (Hawdw) nahawe gifite intera ireshya n'urugendo rw'ukwezi, amazi yacyo ni umweru cyane kurusha amata, impumuro yayo irusha iy'umubavu
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Njye ku kizenga cy'amazi nahawe nzaba ndeba buri wese muri mwe ukinyuraho, hari n'abazakumirwa kukigeraho maze ninginge Nyagasani wanjye ngira nti: Bariya nabo ni abanjye, kandi ni bamwe mu bayoboke banjye
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ndahiye k'ufite roho ya Muhamadi mu kuboko kwe ko ibyo bikombe umubare wabyo uruta uw'inyenyeri zo mu kirere n'imibumbe
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ku munsi w'imperuka bazazana urupfu ruri mu ishusho y'intama y'isekurume
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Uyu muriro wanyu mukoresha ni igice kimwe mu bice mirongo irindwi by'umuriro wa Djahanamu
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Intumwa y'Imana (Imana imuhe amahoro n’imigisha), yo munyakuri w'umwizerwa kuruta abandi yaratuganirije igira iti “Mu by’ukuri, buri wese muri mwe iremwa rye ribera mu nda ya nyina; mu gihe cy’iminsi n'amajoro
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Buri kintu cyose kiba cyaragenwe, n'ubunebwe no kugira ibakwe cyangwa se kugira ibakwe n'ubunebwe
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Iyo Allah ageneye umugaragu we ko apfira ahantu, ashyiraho impamvu ituma ajya aho hantu
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Umuntu uzambeshyera ku bwende, aziteganyirize icyicaro cye mu muriro
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Kandi njye ndi Dwimam Ibun Tha'alabat, umuvandimwe wa bene Saadi Ibun Bak'ri
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) hari ikintu yibutse maze iravuga iti: Iki nicyo gihe ubumenyi
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ntimukemera inkuru z'abahawe igitabo ko ari ukuri ariko ntimukanabahinyure, ahubwo mujye muvuga muti: Twe twemeye Allah n'ibyo yaduhishuriye
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ntimuzige ubumenyi mugamije kubwiratana mu bandi bamenyi, cyangwa se kugirango mujye mugisha impaka injinji
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Allah yatanze urugero rw'ubuyisilamu abugereranya nk'inzira igororotse
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yahawe ubutumwa ifite imyaka mirongo ine
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ntiyari izi aho isura irangiriye n'aho indi itangiriye kugeza imanuriwe Bismillah Rahman Rahiim (Ku izina rya Allah Nyir'impuhwe Nyir'imbabazi)
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ese umwe muri mwe yanezezwa n'uko yasubira mu bantu be agasanga ingamiya eshatu nini zihaka zibyibushye?
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Umuntu wakundaga kwitwararika Qur'an azabwirwa ati: Yisome, uzamuke mu ntera, unayisome witonze nkuko wajyaga uyisoma ukiri ku isi, kubera ko urwego rwawe rwa nyuma n'urw'umurongo wa nyuma iri bugarukireho uri gusoma
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Usoma Qur'an mu ijwi riranguruye aba ameze nk'utanga amaturo ku mugaragaro, n'usoma Qur'an mu ibanga aba ameze nk'uhisha amaturo igihe ayatanga
عربي Icyongereza. Iki Urdu
badusomera Qur'an yatubwiye ko bajyaga biga ku Ntumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha imirongo icumi, ntibagire indi mirongo bongeraho batarayifata mu mutwe ngo bayishyire no mu bikorwa
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Yewe Abul Mundhir, waba uzi mu gitabo cya Allah wafashe umurongo uhambaye kuruta indi isigaye? Abul Mundhir yaravuze ati: Maze ndayibwira nti ni (ALLAHU LA ILAHA ILA HUWAL HAYYUL QAYUM) [Al Baqarat; 255.] Abul Mundhir yaravuze ati: Nuko ankomanga mu gituza arambwira ati: Ubumenyi buzakorohere yewe Abul Mundhir!
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iyo yabaga yerekeye mu buriri bwayo buri joro yahuzaga ibiganza byayo ikabihuhamo igasoma (QUL HUWALLAHU AHAD) na (QUL AUDHU BIRABIL FALAQ), ndetse na (QUL AUDHU BIRABI NASI)
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Abayahudi bararakariwe, n'abanaswara barayobye
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Nubona abantu bahitamo gukurikira imirongo bajijwe badasobanukirwa bakareka iyo basobanukiwe, abo nibo Allah yavugaga muri uyu murongo, uzabirinde
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Nta muntu ukora icyaha, yarangiza agahaguruka akisukura agasali, hanyuma agasaba Allah imbabazi, usibye ko Allah amubabarira ibyaha bye
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Hazabarurwa ibyo baguhemukiyemo, bakakwigomekaho, hanyuma hanabarurwe ibihano byawe kuri bo
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ese uwamuhaye ubushobozi bwo kugendesha amaguru abiri ku isi, yananirwa ate kuzamuzura agendesha uburanga bwe ku munsi w'imperuka?
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Vuga ijambo LA ILAHA ILA LLAH (Nta yindi mana ikwiye kugaragirwa by'ukuri uretse Allah), nzaryifashishe ku munsi w'imperuka nkuvuganira
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Rwose ibyo uvuga ndetse uhamagarira ni byiza, iyaba watubwiraga niba ibyo twakoze hari icyiru byaba
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Genda umubwire uti: Mu by'ukuri wowe nturi umwe mu bantu bo mu muriro, ahubwo uri umwe mu bantu bo mu ijuru
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Yemwe bantu! Mu by'ukuri Allah yabakuriyeho ubwibone bwa kijiji no kwiratana ibisekuru
عربي Icyongereza. Iki Urdu
{Kandi rwose, kuri uwo munsi muzabazwa ku ngabire (mwahawe muri ku isi)}
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Nyuma yanjye mu bayoboke banjye hazabaho abantu bazababwira ibyo mutigeze mwumva mwe n'ababyeyi banyu, abo bantu muzabirinde
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Jya wandika, kubera ko ndahiye k'ufite roho yanjye mu kuboko kwe, ko ibiwusohokamo byose biba ari ukuri
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yajyaga yisukura (Udhu) buri uko igiye gusali
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yajyaga itawaza inshuro imwe imwe
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yatawaje inshuro ebyiri ebyiri
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Umwe muri mwe naba afite ikibazo mu nda, ntamenye niba hari icyamusohotsemo, ntazasohoke mu musigiti cyeretse abanje kumva ijwi cyangwa se akumva umunuko
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ni ngombwa kuri buri muyisilamu koga inshuro imwe mu minsi irindwi, agakarabamo umutwe n'umubiri we wose
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Nagiye kureba Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) nshaka kuba umuyisilamu, integeka ko niyuhagiza amazi ndetse nkanakoresha ikimera gihumura bita Sid'ri
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Nimwumva umuhamagazi w'isengesho mujye musubiramo amagambo avuze, hanyuma munsabire kwa Allah amahoro n'imigisha
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Uzubaka umusigiti kubera Allah, Allah azamwubakira umeze nkawo mu ijuru
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Iswalat isengewe muri uyu musigiti wanjye ni nziza kuruta iswalat igihumbi zikorewe ahandi usibye izikorewe mu musigiti mutagatifu (w'i Makat)
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Umwe muri mwe niyinjira mu musigiti, ajye asali raka ebyiri mbere y'uko yicara
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Umwe muri mwe niyinjira mu musigiti ajye avuga ati: ALLAHUMA FTAH LII AB'WABA RAHMATIKA: Mana nyugururira amarembo y'impuhwe zawe; nanasohoka ajye avuga ati: ALLAHUMA INI AS'ALUKA MIN FADW'LIKA: Mana ndagusaba ingabire zawe
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Yewe Bilali, tangaza ko iswalat itangiye, tuyiruhukiremo!
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Yemwe bantu! Ibi nabikoze kugira ngo mufate isomo mwige uko iswalat ikorwa
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Nimuba mugiye gusali, mujye muhagarara ku mirongo yanyu, hanyuma umwe muri mwe abayobore, navuga Allah Akbar namwe muvuge muti: Allah Ak'bar
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ndahiye k'ufite roho yanjye mu kuboko kwe, ko iswalat yanjye yegera gusa n'iy'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha), kubera ko iyi ari yo swalat yakoraga kugeza ubwo yavaga muri ubu buzima bw'iyi si
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Umujura mubi kuruta abandi bantu bose ni uwiba iswalat ye", baramubaza bati: Ni gute yiba iswalat ye? Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) irasubiza iti: "Ntiyuzuza kunama (Ruku) cyangwa se kubama (Sudjud)
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iyo yajyaga yubura umugongo wayo yunamutse (ivuye Ruku'u) yajyaga ivuga iti: SAMI-ALLAHU LIMAN HAMIDAH: Allah yumva umushimira anamusingiza
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) nyuma ya buri swalat y'itegeko
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yajyaga ivuga hagati y'ibyubamo bibiri iti: “RABI GH’FIR’LI, RABI GH'FIR LII: Mana yanjye mbabarira, Mana yanjye mbabarira
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Iyo ni Shitani yitwa Khin'zabu, nujya uyumva ujye wikinga kuri Allah kugira ngo ayikurinde, maze uvume ibumoso bwawe inshuro eshatu
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Mu by'ukuri Allah ntiyemera igikorwa umuntu yakoze atari we wenyine agikoreye kandi akaba ari we wenyine ashaka kwishimirwa nawe
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Yamaze gusogongera ku buryohe bw'ukwemera, wa wundi uzashimishwa nuko Allah ari we Nyagasani we, n'ubuyisilamu bukaba idini rye, na Muhamadi akaba ari we Ntumwa ye
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ibintu bine uwo bizagaragaraho azaba ari indyarya nyayo; n'uwuzagaragarwaho na kimwe muri byo azaba agaragaweho na kimwe mu biranga indyarya: Iyo aganira arabeshya, n'iyo atanze isezerano araryica, n'iyo yizewe arahemuka, n'iyo atonganye ararengera
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Iyo umuntu apfuye ibikorwa bye byose birahagarara usibye bitatu: Ituro yatanze rihoraho, cyangwa se ubumenyi yigishije bufitiye abandi akamaro, cyangwa se umwana mwiza asize uzajya amusabira
عربي Icyongereza. Ikindoneziya.
Yewe Ntumwa y'Imana! Nyina wa Sa'ad yarapfuye, none ni irihe turo ryiza namutangira? Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iramusubiza iti: Ni amazi! Sa'ad yaravuze ati: Nuko acukura iriba aravuga ati: Iri ni irya Nyina wa Sa'ad
عربي Icyongereza. Ikindoneziya.
“Umwemera si usebanya (utera urwikekwe ku nkomoko y’abandi), uvumana, ukora ibikorwa by'urukozasoni ndetse n’umunyakinyabupfura gike.”
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ukwezi kwa Ramadhan nikugera, uzakore umutambagiro muto (Umrat), kubera ko kuwukora muri uko kwezi bingana no gukora umutambagiro mukuru (Hidjat)
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Yewe Ntumwa y'Imana! Turabona guharanira inzira y'Imana (Djihad) ari cyo gikorwa cyiza kuruta ibindi; ese natwe tujye tujya guharanira inzira y'Imana? Intumwa y'Imana iramusubiza iti: Oya! Mufite Djihadi iziruta: Gukora umutambagiro ukemerwa
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yatanze igitambo cy'intama ebyiri z'isekurume z'umweru zifite amahembe, Izibagira ubwayo n'amaboko yayo, ivuga izina rya Allah ndetse inavuga Allah Akbar (TAKBIR), ishyira ukuguru kwayo ku misaya yazo
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Igihe kimwe nari kumwe n'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha), ishaka kwihagarika yerekera aho abantu bamenaga imyanda, yihagarika ihagaze
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ibi byombi ni ikizira ku gitsinagabo mu bayoboke banjye, ariko biziruriwe igitsinagore muri bo
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Mu by'ukuri Allah yaziririje kugurisha inzoga, n'ibyipfishije, n'ingurube ndetse n'ibigirwamana
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Nabajije Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ku byerekeranye no kureba ibiziririjwe mu buryo butunguranye, integeka ko nzajya ndeba ku ruhande
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iyo yavaga mu bwiherero yaravugaga iti: "GHUFRANAKA: Mana Nyagasani ndagusaba imbabazi zawe!
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Yabujije kurya buri nyamaswa ifite imikaka, na buri ikiguruka cyose cyatuye inzara
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Hagati ya buri Adhana ebyiri (umuhamagaro w'iswalat) harimo iswalat, hagati ya buri Adhana ebyiri (umuhamagaro w'iswalat) harimo iswalat." Hanyuma ku nshuro ya gatatu iravuga iti: Kuri wa wundi uzabishaka
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Uzadutunga intwaro cyangwa se akayitubanguraho, uwo ntabwo ari muri twe
عربي Icyongereza. Iki Urdu