عَنْ أَبِي هُرَيْرَةَ رضي الله عنه قَالَ: قَالَ رَسُولُ اللهِ صَلَّى اللهُ عَلَيْهِ وَسَلَّمَ:
«خَيْرُ صُفُوفِ الرِّجَالِ أَوَّلُهَا، وَشَرُّهَا آخِرُهَا، وَخَيْرُ صُفُوفِ النِّسَاءِ آخِرُهَا، وَشَرُّهَا أَوَّلُهَا».
[صحيح] - [رواه مسلم] - [صحيح مسلم: 440]
المزيــد ...
Hadith yaturutse kwa Abu Hurayrat (Imana imwishimire) yaravuze ati: Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti:
"Umurongo mwiza mu iswalat ku bagabo ni uwubanza, n'umubi ni uw'inyuma; n'umurongo mwiza ku bagore ni uw'inyuma, n'umubi ni uw'imbere."
[Hadithi y'impamo] - [Yakiriwe na Muslim] - [Swahih Muslim - 440]
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze ko umurongo mwiza ku bagabo mu iswalat ndetse ufite n'ibihembo byiza kandi byinshi ari uwubanza kuko baba bari bugufi na Imam bakamutega amatwi asoma Qur'an ndetse no kuba bari kure y'abagore. N'umurongo mubi ufite ibihembo bicye ndetse uri kure y'ibyo idini idusaba ni uwa nyuma, Naho umurongo mwiza ku bagore ni uwa nyuma, kuko niwo ubahishira kandi ukaba uri kure no kwivanga n'abagabo no kwirinda ibishuko.