عَنْ أَبِي هُرَيْرَةَ رَضِيَ اللَّهُ عَنْهُ قَالَ: قَالَ رَسُولُ اللهِ صَلَّى اللهُ عَلَيْهِ وَسَلَّمَ:
«إنَّ اللَّهَ طَيِّبٌ لَا يَقْبَلُ إلَّا طَيِّبًا، وَإِنَّ اللَّهَ أَمَرَ المُؤْمِنِينَ بِمَا أَمَرَ بِهِ المُرْسَلِينَ، فَقَالَ تَعَالَى: {يَا أَيُّهَا الرُّسُلُ كُلُوا مِنْ الطَّيِّبَاتِ وَاعْمَلُوا صَالِحًا}، وَقَالَ تَعَالَى: {يَا أَيُّهَا الَّذِينَ آمَنُوا كُلُوا مِنْ طَيِّبَاتِ مَا رَزَقْنَاكُمْ} ثُمَّ ذَكَرَ الرَّجُلَ، يُطِيلُ السَّفَرَ، أَشْعَثَ، أَغْبَرَ، يَمُدُّ يَدَيْهِ إلَى السَّمَاءِ: يَا رَبِّ! يَا رَبِّ! وَمَطْعَمُهُ حَرَامٌ، وَمَشْرَبُهُ حَرَامٌ، وَمَلْبَسُهُ حَرَامٌ، وَغُذِيَ بِالحَرَامِ، فَأَنَّى يُسْتَجَابُ لَذلك».
[صحيح] - [رواه مسلم] - [الأربعون النووية: 10]
المزيــد ...
Hadith yaturutse kwa Abu Hurayrat (Imana imwishimire) yaravuze iti: Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti:
Mu by'ukuri Imana ni nziza, kandi ntiyemera uretse ibyiza. kandi mu by'ukuri Imana rurema yategetse abemera nk'ibyo yategetse Intumwa. Imana yaravuze iti: {Yemwe ntumwa murye mu byiza kandi mukore ibikorwa byiza}. Nanone Imana iti: {Yemwe abemeye Imana murye mu byiza twabahaye}; nyuma Intumwa yatanze urugero rw'umuntu wari ku rugendo rurerure yahindanye wese yuzuye ivumbi akazamura amaboko ye hejuru asaba ati: Mana yanjye, Mana yanjye, kandi ibyo arya bizira, n'ibyo yambaye bizira, atunzwe n'ibizira gusa! Ese umuntu nk'uyu ubusabe bwe bwakakirwa bute?
[Hadithi y'impamo] - [Yakiriwe na Muslim] - [الأربعون النووية - 10]
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze ko mu by'ukuri Allah ari mwiza ndetse ari umutagatifu azira inenge, kandi arangwa n'ibisingizo byuzuye, nta n'ubwo ajya yakira ibikorwa n'imvugo keretse ibitunganye kandi byuzuye, ibyo bikorwa yakira kandi ni ibikozwe kubera we, ndetse binahuye nk'uko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yabyigishije, ntibinakwiye ko hari uwakora igikorwa cyo kwiyegereza Allah atanyuze muri iyo nzira. No mu bishoboza umwemeramana kugera ku bikorwa byiza bitunganye, ni ibyo kurya bye bitunganye kandi biziruye, nibyo bituma n'ibikorwa bye bitungana. Niyo mpamvu Allah yategetse abemeramana ibyo yategetse Intumwa n'abahanuzi byo kurya ibiziruye, no gukora ibikorwa byiza, aho yavuze ati: "Yemwe ntumwa! Nimurye amafunguro meza (aziruwe) kandi mukore ibikorwa byiza. Mu by’ukuri njye ndi Umumenyi uhebuje w’ibyo mukora." Surat Al Mu-uminuna: 51, n'ahandi yavuze ati: "Yemwe abemeye! Murye mu byiza twabafunguriye kandi mushimire Allah niba koko ari We wenyine musenga." Surat Al Baqarat: 172.
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) irangije yihanangiriza abantu kurya ibiziririje byangiza ibikorwa by'umuntu, bikanatuma ibikorwa bye bitakirwa, ibyo yakora byose kugira ngo byakirwe; nko kuba yakora:
Icya mbere: Urugendo rurerure mu bikorwa byo kumvira Allah nk'umutambagiro mutagatifu, guharanira inzira ya Allah, kunga isano ry'imiryango n'ibindi.
Icya kabiri: Imisatsi ye idasokoje ananiwe, anafite ivumbi, yahindanye we n'imyenda ye kubera ivumbi, aho aba acyeneye gusaba Allah.
Icya gatatu: Kuzamura ibiganza bye mu kirere yinginga Allah,
Icya kane: Kwiyambaza amwe mu mazina ya Allah asaba kandi yinginga: Nyagasani, Nyagasani!
Nyamara hamwe n'izo mpamvu zose zatuma yakirirwa ubusabe bwe ntibwakiriwe; kubera ko ibyo kurya bye, n'ibyo kunywa bye, n'imyambaro ye byose ari ibizira, ndetse n'ibimutunze byose ari ikizira! Ari kure yo kuba yasaba akumvwa!