عَنْ أَبِي هُرَيْرَةَ عَبْدِ الرَّحْمَنِ بْنِ صَخْرٍ رَضِيَ اللَّهُ عَنْهُ قَالَ: سَمِعْت رَسُولَ اللَّهِ صَلَّى اللَّهُ عَلَيْهِ وَسَلَّم يَقُولُ:
«مَا نَهَيْتُكُمْ عَنْهُ فَاجْتَنِبُوهُ، وَمَا أَمَرْتُكُمْ بِهِ فَافْعَلُوا مِنْهُ مَا اسْتَطَعْتُمْ، فَإِنَّمَا أَهْلَكَ الَّذِينَ مِنْ قَبْلِكُمْ كَثْرَةُ مَسَائِلِهِمْ، وَاخْتِلَافُهُمْ عَلَى أَنْبِيَائِهِمْ».
[صحيح] - [رواه البخاري ومسلم] - [الأربعون النووية: 9]
المزيــد ...
Hadith yaturutse kwa Abu Hurayrat Abdu Rahman Ibun Swakhri (Imana imwishimire) yaravuze ati: Numvise Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ivuga iti:
"Ibyo nababujije mujye mubyirinda, n'ibyo nabategetse mujye mukoramo ibyo mushoboye, kuko mu byoretse ababayeho mbere yanyu ni ukubaza ibibazo byabo byinshi, no kunyuranya kwabo n'abahanuzi babatumweho.
-
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yatugaragarije ko nitubuza ikintu, tuba dutegetswe kwitandukanya nacyo kandi tutazuyaje, ninagira ibyo idutegeka tujye dukoramo ibyo dushoboye. Irangije itubuza kuba nk'ababayeho mbere yacu batubanjirije, kubera ko bazize kubaza ibibazo byinshi abahanuzi babo no kunyuranya nabo, nuko Allah abahanisha amoko atandukanye y'ibihano no kuboreka; niyo mpamvu rero bikwiye ko tutaba nkabo kugira ngo natwe tutazorama.