عَنْ أَبِي هُرَيْرَةَ رضي الله عنه:
أَنَّ رَجُلًا قَالَ: يَا رَسُولَ اللهِ إِنَّ لِي قَرَابَةً أَصِلُهُمْ وَيَقْطَعُونِي، وَأُحْسِنُ إِلَيْهِمْ وَيُسِيئُونَ إِلَيَّ، وَأَحْلُمُ عَنْهُمْ وَيَجْهَلُونَ عَلَيَّ، فَقَالَ: «لَئِنْ كُنْتَ كَمَا قُلْتَ، فَكَأَنَّمَا تُسِفُّهُمُ الْمَلَّ وَلَا يَزَالُ مَعَكَ مِنَ اللهِ ظَهِيرٌ عَلَيْهِمْ مَا دُمْتَ عَلَى ذَلِكَ».
[صحيح] - [رواه مسلم] - [صحيح مسلم: 2558]
المزيــد ...
Hadith yaturutse kwa Abi Hurayrat (Imana imwishimire) yavuze ko
Umugabo umwe yaravuze ati: Yewe Ntumwa y'Imana! Mfite abanyamuryango banjye ba bugufi, nkora ibishoboka ngo nunge ubuvandimwe bo bakabuca, mbagirira neza bo bakampemukira, ndabihanganira ariko bakanyitura inabi, nuko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iramubwira iti: Niba uko uvuze ari ko uri waba umeze nkaho ubagaburira umucanga ushyushye, kandi Allah azakomeza kubagutsindira igihe cyose uzaba umeze gutyo."
[Hadithi y'impamo] - [Yakiriwe na Muslim] - [Swahih Muslim - 2558]
Umugabo umwe yaregeye Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ko afite abavandimwe be bahuje isano, ababanira neza ariko bo bakamwitura inabi, agerageza kunga isano afitanye nabo bo bakarica, abakorera ibyiza ariko bo bakamukorera ibibi banamuhuguza, akabihanganira ndetse akanabababarira ariko bo ntibabikozwe ahubwo bakamukorera ibibi mu mvugo n'ibikorwa, ese yakomeza kubagirira neza?
Nuko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) imusubiza imubwira ko niba ari uko bimeze, abakoza isoni akabafata nkaho baciriritse, kandi ko ameze nk'ubagaburira umucanga ushyushye, kubera ko abagirira neza cyane bo bakamwitura inabi, kandi ko Allah igihe cyose azajya amutera inkunga ibamufasha ikanamurinda igihe cyose azakomeza kumera atyo, nabo bagakomeza kumuhemukira.