عَنْ أَبِي هُرَيْرَةَ رضي الله عنه عَنْ رَسُولِ اللَّهِ صَلَّى اللهُ عَلَيْهِ وَسَلَّمَ قَالَ:
«إِذَا لَقِيَ أَحَدُكُمْ أَخَاهُ فَلْيُسَلِّمْ عَلَيْهِ، فَإِنْ حَالَتْ بَيْنَهُمَا شَجَرَةٌ أَوْ جِدَارٌ أَوْ حَجَرٌ ثُمَّ لَقِيَهُ فَلْيُسَلِّمْ عَلَيْهِ أَيْضًا».
[صحيح] - [رواه أبو داود] - [سنن أبي داود: 5200]
المزيــد ...
Hadith yaturutse kwa Abi Hurayrat (Imana imwishimire) yavuze ko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze iti:
"Umwe muri mwe nahura n'umuvandimwe we ajye amusuhuza, nibatandukanywa n'igiti cyangwa se urukuta cyangwa se ibuye bakongera guhura ajye yongera amusuhuze."
[Hadithi y'impamo] - [Yakiriwe na Abu Dawudi] - [Sunani Abu Dawudi - 5200]
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yashishikarije umuyisilamu kwifuriza umuvandimwe we w'umuyisilamu indamutso y'amahoro buri uko bahuye, n'igihe baba bari mu nzira bagenda, bagatandukanywa n'icyo ari cyo cyose nk'igiti cyangwa se urukuta cyangwa se ibuye rinini, bakongera guhura ajye amusuhuza nanone indamutso y'amahoro ku yindi nshuro.