عَنْ جَابِرِ بْنِ عَبْدِ اللَّهِ رضي الله عنهما أَنَّ النَّبِيَّ صَلَّى اللهُ عَلَيْهِ وَسَلَّمَ قَالَ:
«أُعْطِيتُ خَمْسًا لَمْ يُعْطَهُنَّ أَحَدٌ قَبْلِي: نُصِرْتُ بِالرُّعْبِ مَسِيرَةَ شَهْرٍ، وَجُعِلَتْ لِي الأَرْضُ مَسْجِدًا وَطَهُورًا، فَأَيُّمَا رَجُلٍ مِنْ أُمَّتِي أَدْرَكَتْهُ الصَّلاَةُ فَلْيُصَلِّ، وَأُحِلَّتْ لِي المَغَانِمُ، وَلَمْ تَحِلَّ لِأَحَدٍ قَبْلِي، وَأُعْطِيتُ الشَّفَاعَةَ، وَكَانَ النَّبِيُّ يُبْعَثُ إِلَى قَوْمِهِ خَاصَّةً وَبُعِثْتُ إِلَى النَّاسِ عَامَّةً».
[صحيح] - [متفق عليه] - [صحيح البخاري: 335]
المزيــد ...
Hadith yaturutse kwa Djabir Ibun Abdillah (Imana imwishimire we na se) yavuze ko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze iti:
"Nahawe ibintu bitigeze bihabwa n'umwe mbere yanjye: Nahawe gutera ubwoba abanzi nkiri mu ntera y'urugendo rungana n'ukwezi, kandi nahawe isi ngo imbere aho gusalira (umusigiti) ndetse hanasukuye; bityo uwo ari we wese mu bayoboke banjye iswalat izasanga aho azaba ari hose ajye asali, nanaziruriwe iminyago itarigeze izirurirwa undi uwo ari we wese mbere yanjye, nanahawe kuzakora ubuvugizi. Intumwa y'Imana yajyaga yoherezwa ku bantu runaka, naho njye natumwe ku bantu bose."
[Hadithi y'impamo] - [Yemeranyijweho na Bukhari na Muslim] - [Swahih Bukhari - 335]
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze ko Allah yamuhaye umwihariko w'ibintu bitanu itigeze iha undi uwo ari we wese mu ntumwa zamubanjirije:
Icya mbere: Nahawe gutera ubwoba mu mitima y'abanzi banjye, n'iyo hagati yanjye nabo haba harimo intera ingana n'ukwezi.
Icya kabiri: Nahawe isi yose ngo ibe aho gusalira aho twaba turi hose, ndetse no kwisukuza itaka ryayo igihe tutabashije kubona amazi.
Icya gatatu: Twaziruriwe iminyago yo ku rugamba abayisilamu banyaga abanzi babo b'abahakanyi.
Icya kane: Nahawe kuzavuganira abantu mu buryo bukomeye kugira ngo barokoke ibigeragezo byo ku munsi w'imperuka.
Icya gatanu: Natumwe ku biremwa byose abantu n'amajini, bitandukanye n'Intumwa n'abahanuzi batumwe mbere yanjye, kuko bo batumwaga ku bantu babo gusa.