+ -

عَنْ حُذَيْفَةَ رضي الله عنه قَالَ:
كُنْتُ مَعَ النَّبِيِّ صَلَّى اللهُ عَلَيْهِ وَسَلَّمَ فَانْتَهَى إِلَى سُبَاطَةِ قَوْمٍ، فَبَالَ قَائِمًا، فَتَنَحَّيْتُ فَقَالَ: «ادْنُهْ» فَدَنَوْتُ حَتَّى قُمْتُ عِنْدَ عَقِبَيْهِ فَتَوَضَّأَ فَمَسَحَ عَلَى خُفَّيْهِ.

[صحيح] - [متفق عليه] - [صحيح مسلم: 273]
المزيــد ...

Hadith yaturutse kwa Hudhayfat (Imana imwishimire) yaravuze ati:
Igihe kimwe nari kumwe n'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha), ishaka kwihagarika yerekera aho abantu bamenaga imyanda, yihagarika ihagaze, nuko nigirayo njya ku ruhande irambwira iti: Nyegera, nuko ndayegera nyihagarara inyuma, irangije iratawaza, ihanagura kuri Khofu zayo.

[Hadithi y'impamo] - [Yemeranyijweho na Bukhari na Muslim] - [Swahih Muslim - 273]

Ibisobanuro birambuye.

Hudhayfat Ibun Al Yaman (Imana imwishimire we na se) yavuze ko igihe kimwe yari hamwe n'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) nuko ishaka kwihagarika, yerekeza aho bamenaga imyanda, yihagarika ihagaze kandi ubusanzwe yajyaga yihagarika yicaye.
Nuko Hudhayfat arayitarura ajya ku ruhande, maze Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iramubwira iti: Nyegera, nuko Hudhayfat arayegera ahagarara inyuma yayo kugira ngo ayikingirize ntihagire uyibona.
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) irangije iratawaza, ubwo yari igeze ku birenge, yahanaguye Khofu abantu bambara mu birenge zikoze mu ruhu ziba zimeze nk'amasogisi, zikaba ziba zihishe utubombankore, ntiyaziyambura.

Ibisobanuro.: Icyongereza. Iki Urdu Icyesipanyole. Ikindoneziya. Ikiuyighuri Ikibengali Igifaransa. Igiturikiya Ibisobanuro mu rurimi rw'ikirusiya. Ikibosiniya. Ikinyasinihali Ibisobanuro mu rurimi rw'igihindi. Igishinwa Igiperisi Ikinyaviyetinamu. Igitagalogi Igikurude. Igihawusa. Igiporutigali. Ikimalayalamu Igitelugu Igiswahili Igitayilandi Igipashuto Ikinyasimisi Ikinyasuwedi Ikinyamuharike Igiholandi Ikigujarati Igikirigizi Ikinepali. Ikiyoruba Ikinyadari Igisomali Ikinyaromaniya Iki oromo
Kugaragaza Hadithi zasobanuwe mu zindi ndimi.

Zimwe mu nyungu dukura muri Hadithi.

  1. Biremewe guhanagura Khofu.
  2. Biremewe kwihagarika uhagaze ariko ukirinda ko zagutarukira.
  3. Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) guhitamo kwihagarika hano bamena imyanda byari mu rwego rwo kwirinda ko hari izamutarukira.