+ -

عَنِ ابْنِ عُمَرَ رضي الله عنهما أَنَّ رَسُولَ اللَّهِ صَلَّى اللهُ عَلَيْهِ وَسَلَّمَ قَالَ:
«أُمِرْتُ أَنْ أُقَاتِلَ النَّاسَ حَتَّى يَشْهَدُوا أَنْ لاَ إِلَهَ إِلَّا اللَّهُ، وَأَنَّ مُحَمَّدًا رَسُولُ اللَّهِ، وَيُقِيمُوا الصَّلاَةَ، وَيُؤْتُوا الزَّكَاةَ، فَإِذَا فَعَلُوا ذَلِكَ عَصَمُوا مِنِّي دِمَاءَهُمْ وَأَمْوَالَهُمْ إِلَّا بِحَقِّ الإِسْلاَمِ، وَحِسَابُهُمْ عَلَى اللَّهِ».

[صحيح] - [متفق عليه] - [صحيح البخاري: 25]
المزيــد ...

Ibun Umar (Imana imwishimire we na se) yavuze ko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze iti:
Nategetswe kurwanya abantu kugeza ubwo bazahamya ko nta yindi Mana iriho ikwiye gusengwa uretse Allah na Muhamadi akaba ari Intumwa y’Imana, bagahozaho iswalat, ndetse bakanatanga ituro ry'itegeko (Zakat); nibaramuka bakoze ibyo, icyo gihe amaraso yabo n’imitungo yabo, kuri njye bizaba birinzwe ari ikizira usibye ibyo Isilamu yatanzemo uburenganzira, naho ibarura ryabo rizaba ari kwa Allah.

[Hadithi y'impamo] - [Yemeranyijweho na Bukhari na Muslim] - [Swahih Bukhari - 25]

Ibisobanuro birambuye.

Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iragaragaza ko Allah yayitegetse kurwanya ababangikanyamana kugeza ubwo bazahamya ko nta wundi ukwiye kugaragirwa by'ukuri uretse Allah wenyine, ndetse bakanahamya ko Muhamadi (Imana imuhe amahoro n'imigisha) ari Intumwa ya Allah, kandi bagashyira mu bikorwa ibyo ubu buhamya bubasaba nko guhozaho iswalat eshanu ku manywa na nijoro, gutanga amaturo bategetswe bayaha abayakwiye. Ibyo nibaramuka babyubahirije, icyo gihe ubuyisilamu bubarindira ubuzima bwabo n'imitungo yabo, biba ari ntavogerwa, bityo ntibyemewe kubica usibye igihe bakoze icyaha cyangwa se ikindi gikorwa cyatuma bahanishwa kwicwa nk'uko amategeko ya Isilamu abiteganya, hanyuma ku munsi w'imperuka Allah wenyine niwe wihariye ibarura ryabo kuko ari we uzi amabanga yabo.

Ibisobanuro.: Icyongereza. Iki Urdu Icyesipanyole. Ikindoneziya. Ikiuyighuri Ikibengali Igifaransa. Igiturikiya Ibisobanuro mu rurimi rw'ikirusiya. Ikibosiniya. Ikinyasinihali Ibisobanuro mu rurimi rw'igihindi. Igishinwa Igiperisi Ikinyaviyetinamu. Igitagalogi Igikurude. Igihawusa. Igiporutigali. Ikimalayalamu Igitelugu Igiswahili Igitayilandi Igipashuto Ikinyasimisi Ikinyasuwedi Ikinyamuharike Igiholandi Ikigujarati Igikirigizi Ikinepali. Ikiyoruba Ikinyadari Igiseribe Igisomali Ikinyaromaniya Igiceki. Ikimalagashi Iki oromo
Kugaragaza Hadithi zasobanuwe mu zindi ndimi.

Zimwe mu nyungu dukura muri Hadithi.

  1. Amategeko akurikizwa ku bigaragara, naho Allah akaba ari we wishingira ibitagaragara.
  2. Agaciro ko guhamagarira abantu kwemera Imana imwe, kandi ko ari cyo cya mbere giherwaho mu ivugabutumwa.
  3. Iyi Hadith ntigamije guhatira ababangikanyamana kuba abayisilamu, ahubwo bafite amahitamo hagati yo kwinjira mu buyisilamu, cyangwa se kwishyura umusoro; kandi ibyo nibatabyemera bagahitamo gukomeza gutambamira ivugabutumwa rya Kisilamu, icyo gihe nta yandi mahitamo uretse kubarwanya nk'uko amategeko ya Isilamu abiteganya.