Ibyiciro bishamikiye ku bindi.

Urutonde rwa Hadith.

Umwe muri mwe ntaraba umwemera kugeza ubwo azifuriza mugenzi we ibyo nawe yiyifuriza
عربي الإنجليزية الأوردية
Mu by'ukuri Allah yategetse kugira neza muri buri cyose gikozwe
عربي الإنجليزية الأوردية
Bimwe mu byo abantu basigaranye bakomora ku buhanuzi bwo hambere, nuko umuntu utagira isoni yajya akora ibyo ashatse
عربي الإنجليزية الأوردية
Icyiza ni ukurangwa n'imico myiza, n'ikibi ni buri kintu cyose kikubuza amahoro mu mutima wawe, ukaba udashaka ko abantu bakimenya
عربي الإنجليزية الأوردية
Ese mbabwire ibyaha bikuru kuruta ibindi
عربي الإنجليزية الأوردية
Umuntu nakunda mugenzi we ajye abimubwira ko amukunda
عربي الإنجليزية الأوردية
Mwirinde ibyaha birindwi birimbura
عربي الإنجليزية الأوردية
Allah agirire impuhwe umuntu woroha igihe agurisha, woroha igihe agura, woroha igihe yishyuza
عربي الإنجليزية الأوردية
Hari umugabo umwe wajyaga aguriza abantu, yajyaga abwira umukozi we ati: Nujya ujya kwishyuza hakagira uwo usanga yananiwe kwishyura jya umwihanganira umudohorere, kugira ngo natwe Allah azatubabarire
عربي الإنجليزية الأوردية
Mu by'ukuri Allah yategetse kugirira neza buri kintu
عربي الإنجليزية الأوردية
Ntukarakare!
عربي الإنجليزية الأوردية
Abarangwa n'ubutabera bazaba bari kuri Min'bar z'urumuri, iburyo bwa Allah Nyir'impuhwe, n'ubwo amaboko ye yose ari indyo
عربي الإنجليزية الأوردية
Uzimwa koroha azaba yimwe ibyiza
عربي الإنجليزية الأوردية
Mujye mwirinda gucyeka; kubera ko gucyeka ari ikinyoma kiruta ibindi
عربي الإنجليزية الأوردية
Ntuzagire igikorwa cyiza usuzugura kabone n'iyo cyaba ari uguhura n'umuvandimwe wawe umumwenyuriye
عربي الإنجليزية الأوردية
Umunyembaraga si wawundi wihutira kurwana n’abantu, ahubwo umunyembaraga nyakuri ni wawundi ubasha kwifata (agatsinda uburakari) igihe arakaye.”
عربي الإنجليزية الأوردية
Uzarangira undi icyiza, azabona ibihembo nk'iby'uwagikoze
عربي الإنجليزية الأوردية
Umuntu ubunza amagambo ntazinjira ijuru
عربي الإنجليزية الأوردية
“Uzaba yemera Imana n’umunsi w’imperuka, ajye avuga amagambo meza cyangwa yicecekere
عربي الإنجليزية الأوردية
Utagiriye impuhwe abantu, Allah Nyir'ubutagatifu nawe ntazazimugirira
عربي الإنجليزية الأوردية
Mu by'ukuri umuntu Allah yanga kuruta abandi ni umunyamwaga w'umunyempaka nyinshi
عربي الإنجليزية الأوردية
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yabajinjwe ku mpamvu izinjiza abantu benshi mu ijuru, maze irasubiza iti: "Ni ugutinya Allah no kurangwa n'imico myiza
عربي الإنجليزية الأوردية
Kurangwa n'isoni ni kimwe mu bigize ukwemera
عربي الإنجليزية الأوردية
Mujye murangwa no kuvugisha ukuri, kubera ko kuganisha mu byiza, n'ibyiza bikaganisha mu ijuru
عربي الإنجليزية الأوردية
Uzarinda icyubahiro cy'umuvandimwe we, Allah nawe azarinda umuriro uburanga bwe ku munsi w'imperuka
عربي الإنجليزية الأوردية
Mu by'ukuri Allah akunda umugaragu w'umutinyamana, wihishira ntasabe abantu, ukora ibintu bye mu ibanga adategereje ishimwe ry'abantu
عربي الإنجليزية الأوردية
Umwemeramana urusha abandi ukwemera kuzuye ni ubarusha imico myiza, n'umwiza muri mwe kubarusha ni ubanira neza abagore be
عربي الإنجليزية الأوردية
Igihe cyose habayeho koroha mu kintu bikigira cyiza, kandi n'igihe nta koroha kubayemo bikigira kibi
عربي الإنجليزية الأوردية
Mu by'ukuri Umwemeramana kubera imico ye myiza, ituma agera ku rwego rw'uwasibye ndetse wakoze igihagararo cyo mu ijoro
عربي الإنجليزية الأوردية
Umwiza muri mwe ni ubarusha imico myiza
عربي الإنجليزية الأوردية
Mu by'ukuri Allah arindiriza umunyamahugu, kugeza ubwo amuguye gitumo ntabe yamucika
عربي الإنجليزية الأوردية
Mujye mworoshya ibintu, ntimukabikomeze, mutange inkuru nziza ntimutange izitera kwiheba
عربي الإنجليزية الأوردية
Abagira impuhwe Allah Nyir'impuhwe nawe azazibagirira; mujye mugirira impuhwe abo ku isi, kugira ngo uri mu ijuru nawe azazibagirire
عربي الإنجليزية الأوردية
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yabujije kogosha igisage
عربي الإنجليزية الأوردية
Igihe kimwe twari hamwe na Umar, maze aravuga ati: "Twabujijwe kwigora!
عربي الإنجليزية الأوردية
Abantu bari muri izi mva zombi bari guhanwa, kandi ntibazira ibikomeye; umwe muri bo ntiyajyaga yirinda inkari, naho undi yajyaga agenda abunza amagambo
عربي الإنجليزية الأوردية
Nzi ijambo rimwe aramutse arivuze, biriya byamubayeho byarangira, aramutse avuze ati: Nikinze kuri Allah ngo andinde Shitani, biriya byose byamubayeho byahita bishira
عربي الإنجليزية الأوردية
Igihe cyose umugaragu ahishiriye mugenzi we hano ku isi, Allah nawe ku munsi w'imperuka azamuhishira
عربي الإنجليزية الأوردية
Icyiza ni ukurangwa n'imico myiza, naho ikibi ni cya kindi ukoze kikakubuza amahoro mu mutima wawe, kandi ukanga ko abantu bakimenya
عربي الإنجليزية الأوردية
Bimwe mu byo abantu basigaranye bakomora ku buhanuzi bwo hambere, nuko umuntu utagira isoni yajya akora ibyo ashatse
عربي الإنجليزية الأوردية
Umwe muri mwe ntaraba umwemera kugeza ubwo azifuriza mugenzi we ibyo nawe yiyifuriza
عربي الإنجليزية الأوردية
Gutuka umuyisilamu ni ubugizi bwa nabi, no kumurwanya ni ubuhakanyi
عربي الإنجليزية الأوردية
Ku munsi w'imperuka nta kintu kizaremereza umunzani w'ibikorwa by'umwemeramana nko kugira imico myiza, kandi Allah yanga umuntu urangwa n'imico mibi n'amagambo mabi
عربي الإنجليزية الأوردية
Mutinye amahugu, kubera ko amahugu azaba ari umwijima ku munsi w'imperuka; munatinye kandi kugira ubugugu, kubera ko kugira ubugugu byoretse ababayeho mbere yanyu
عربي الإنجليزية الأوردية
Ese muzi uwashiriwe uwo ari we?
عربي الإنجليزية الأوردية
Uzavuga imvugo navuze abizi cyangwa akeka ko ari ikinyoma, azaba ari umwe mu babeshyi
عربي الإنجليزية الأوردية
Mu by'ukuri Shitani yacitse intege kubera ko itazigera isengwa mu kigobe cy'abarabu, ahubwo izifashisha kubiba inzangano n'amakimbirane hagati yabo
عربي الإنجليزية الأوردية
Umugabo ntakarebe ubwambure bwa mugenzi we, n'umugore ntakarebe ubwambure bwa mugenzi we
عربي الإنجليزية الأوردية
Umuyisilamu nyawe ni wa wundi abayisilamu batekana kubera ururimi rwe n'ukuboko kwe, n'uwimuka nyawe ni wawundi wimutse ibyo Allah yamuziririje
عربي الإنجليزية الأوردية
Umuntu uzambeshyera ku bwende, aziteganyirize icyicaro cye mu muriro
عربي الإنجليزية الأوردية
Mu bitunganya ubuyisilamu bw’umuntu ni uko areka ibitamureba
عربي الإنجليزية الأوردية
“Umwemera si usebanya (utera urwikekwe ku nkomoko y’abandi), uvumana, ukora ibikorwa by'urukozasoni ndetse n’umunyakinyabupfura gike.”
عربي الإنجليزية الأوردية
Ntimukagirirane amashyari, ntimukazamuriraneho ibiciro mutagambiriye kugura, ntimukanagirirane inzangano, ntimukanacane umubano, kandi bamwe muri mwe ntibakagereke igiciro ku gicuruzwa cyaguzwe na bagenzi babo, kandi mujye muba abagaragu ba Allah b'abavandimwe
عربي الإنجليزية الأوردية