Urutonde rwa Hadithi.

Gusingiza Allah kwiza kuruta ibindi ni ukuvuga iri jambo: LA ILAHA ILA LLAH: Nta yindi mana ikwiye gusengwa by'ukuri uretse Allah; n'ubusabe bwiza ni ukuvuga ijambo: AL HAMDULILLAH: Ishimwe n'ikuzo ni ibya Allah
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ahantu umugaragu aba ari bugufi ya Nyagasani we ni igihe aba yubamye, bityo mujye mwongera ubusabe
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Amagambo Allah akunda akanishimira kurusha andi ni ane: SUB'HANALLAH (Ubutagatifu ni ubwa Allah), WAL HAMDULILLAH (Ikuzo n'ishimwe ni ibya Allah), WALA ILAHA ILA LLAH (Nta yindi mana ikwiye gusengwa by'ukuri uretse Allah), WALLAHU AKBAR (Imana niyo nkuru), ntacyo byaba bitwaye iryo waheraho ryose muri yo
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Amagambo abiri yoroshye kuyavuga ku rurimi ariko akaba aremereye cyane ku minzani yo ku munsi w'imperuka, akaba akunzwe cyane na Allah
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Uzagera ahantu yarangiza akavuga ati: AUDHU BIKALIMATILLAH A-TAMATI MIN SHARI MA KHALAQA: Nikinze ku magambo ya Allah yuzuye ngo andinde inabi y'ibyo yaremye, nta kibi kizamubaho kugeza avuye aho
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Kuba navuga nti: SUB'HANALLAH, WAL HAMDULILLAH, WALA ILAHA ILA LLAH, WALLAHU AKBAR: Ubutagatifu ni ubwa Allah, n'ishimwe ryuzuye niwe urikwiye, nta yindi mana ibaho ikwiye kugaragirwa by'ukuri usibye Allah wenyine, Imana niyo nkuru, bindutira isi n'ibiyrimo byose
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Uzasoma imirongo ibiri isoza Suratul Baqarat mu ijoro, izaba imuhagirije
عربي Icyongereza. Iki Urdu
“Kwisukura ni kimwe mu bigize ukwemera. No kuvuga uti: Al Ham’dulilahi-Ishimwe n'ikuzo ni ibya Allah, byuzuza umunzani (w’ibikorwa by’umuntu), naho kuvuga ‘Sub’hanallahi walham’du lilahi-Ubutagatifu n’ishimwe ni ibya Allah, byuzuza ibiri hagati y’ibirere n’isi
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Yewe Abas, yewe se wabo w'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha), ujya usaba Allah ubuzima bwiza hano ku isi no ku munsi w'imperuka
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Iyo umuntu yinjiye mu rugo rwe, agasingiza Allah igihe yinjiye, n'igihe agiye kurya, Shitani (Shaytwani) ibwira abambari bayo iti: Uyu munsi nta buryamo muhafite, ndetse nta n'ifunguro rya nijoro
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yajyaga ikunda kuvuga kenshi igira iti: YA MUQALIBAL QULUBI THABIT QALBII ALA DIINIKA: Yewe uhindura imitima y'abantu, ha umutima wanjye gushikama ku idini ryawe
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Allah aba ari hafi cyane y'umugaragu we mu gicuku cy'igice cya nyuma cy'ijoro
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Shitani ipfundika amapfundo atatu mu irugu ry'umwe muri mwe igihe aryamye, igakubita kuri buri pfundo ivuga ati: ufite ijoro ryose komeza wiryamire
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Yemwe bantu mu by'ukuri Allah ni mwiza kandi yakira ibyiza, kandi ibyo Allah yategetse abemeramana, nibyo yategetse Intumwa n'abahanuzi
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Umunyabugugu ni wa wundi izina ryanjye rivugwa ahari ntansabire amahoro n'imigisha
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Uzarya ibyo kurya maze akavuga ati: AL HAMDULILLAHI LADHI ATW'AMANII HADHA WA RAZAQANIHI MIN GHAYRI HAWLIN MINII WA LA QUWATIN: Ikuzo n'ishimwe ni ibya Allah wampaye aya mafunguro, akayamfungurira nta bubasha cyangwa se imbaraga nabigizemo, azababarirwa ibyaha bye byabanje
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ubusabe busabwe hagati y'umuhamagaro w'uko igihe cyo gusali kigeze (Adhana) n'uwo gukora iswalat (Iqamat) ntibusubizwa inyuma
عربي Icyongereza. Iki Urdu
ALLAHUMA ASW’LIH LII DIINII ALADHI HUWA I’SW’MATU AMRII
عربي Icyongereza. Iki Urdu
RABI GH'FIR LII KHATWII-ATII WA DJAH'LII, WA ISRAFII FII AMRII KULIHI, WA MA ANTA A'ALAM BIHI MINI. ALLAHUMA GH'FIR LII KHATWAYAYA, WA AMDII WA DJIDII WA HAZ'LII, WA KULU DHALIKA INDII. ALLAHUMA GH'FIR LII MA QADAMTU WA MA AKHARTU, WA MA AS'RARTU WAMA A'ALANTU, ANTAL MUQADIMU WA ANTAL MU-AKHIRU, WA ANTA ALA KULI SHAY'IN QADIIR: Nyagasani Mana mbabarira amakosa yanjye, n'ubujiji bwanjye, no kurengera kwanjye mu byo nkora byose, n'ibyo nkora uzi neza kundusha. Mana Nyagasani mbabarira amakosa yanjye, n'ibyo nkora ngambiriye, n'ibyo nkora bya kijiji, n'ibyo nkora ndi gukina, kandi byose bikorwa nanjye. Mana Nyagasani mbabarira ibyo nakoze byabanje, n'ibyaherutse, n'ibyo nakoze mu ibanga no ku mugaragaro, Ni wowe wabanje ni nawe uzaheruka, kandi ni wowe ufite ubushobozi kuri buri kintu
عربي Icyongereza. Iki Urdu
ALLAHUMA INI AS'ALUKA AL AFIYAT FII DUNIYA WAL AKHIRAT
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Mana Nyagasani ndagusaba ibyiza byose, ibya vuba n'ibizatinda, ibyo nzi n'ibyo ntazi
عربي Icyongereza. Iki Urdu
ALLAHUMA AUDHUBIKA MIN ZAWAALI NI’IMATIKA, WA TAHAWULI A’AFIYATIKA, WA FUJA-ATA NIََQ'MATIKA, WA JAMI-I SAKHATWIKA: Mana Nyagasani nkwikinzeho ngo undinde gushirirwa n’inema zawe, no guhinduka njya mu buzima bubi, no gutungurwa n’ibihano byawe, n’ibyo ari byo byose byatuma undakarira
عربي Icyongereza. Iki Urdu
“Mana Nyagasani nkwikinzeho ngo undinde gusumbirizwa n’ideni, no kuneshwa n’umwanzi, no gushinyagurirwa n’abanzi.”
عربي Icyongereza. Iki Urdu
ALLAHUMA BIKA ASW’BAH’NA, WA BIKA AM’SAY’NA , WA BIKA NAH’YA, WA BIKA NAMUTU, WA ILAYKA NUSHURU: Mana Nyagasani twabyutse ku bw’ububasha bwawe, no ku bubasha bwawe tugejeje ku mugoroba, no ku bwawe turiho no ku bwawe tuzapfa, ndetse no ku bw'igeno ryawe tuzazurwa ku munsi w’imperuka
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ubusabe Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yajyaga isaba kenshi bwari: "ALLAHUMA RABANA ATINA FI DUN'YA HASANATAN, WAFIL AKHIRATI HASANATAN, WA QINA ADHABA NARI: Mana Nyagasani duhe ibyiza muri iyi si, uzanaduhe ibyiza ku munsi w'imperuka, kandi uzaturinde ibihano by'umuriro
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ubusabe bwo gusaba imbabazi buhatse ubundi
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Vuga uti: ALLAHUMA H'DINII WA SADID'NII, WADH'KUR BIL HUDA HIDAYATAKA A-TWARIIQA, WA A-SADADI SADAADA A-SAH'MI: Mana Nyagasani nyobora, unanyerekere, unanshoboze gushikama ku nzira igororotse muri gahunda zanjye zose
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ese mbereke ibyiza biruta ibyo mwasabye? NIba mugiye kuryama- cyanwga se mumaze kubugeramo, mujye mutagatifuza Allah (Subhanallah) inshuro mirongo itatu n'eshatu, mumusingize (Alhamdulillah) inshuro mirongo itatu n'eshatu, mumukuze (Allah Akbar) inshuro mirongo itatu n'enye, ibi nibyo byiza kuri mwe kuruta umukozi mwashakaga
عربي Icyongereza. Iki Urdu
{Vuga uti: QUL HUWALLAHU AHAD: We Allah ni umwe rukumbi, na Muawidhatayni [QUL AUDHU BIRABIL FALAQ], na [QUL AUDHU BIRABI A-NASI], igihe bwije n'igihe bucyeye inshuro eshatu, biguhagirije buri kintu
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Uzavuga ati: BIS’MILLAHI LADHI LA YADWURU MA’AS’MIHI SHAY-UN FIL AR’DWI WA LA FI SAMA-I, WA HUWA SAMI’UL ALIMU: Niyambaje izina rya Allah ryo igihe urivuze uryemera nta cyagira icyo kimutwara haba mu isi no mu kirere, kandi Yumva Bihebuje Umumenyi Uhebuje. Ukabivuga inshuro eshatu, nta byago bimutunguye byamubaho kugeza bucyeye
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Jya uvuga uti: LA ILAHA ILA LLAHU WAH'DAHU LA SHARIKA LAHU, ALLAHU AKBAR KABIRAN, WAL HAMDULILLAH KATHIRAN, SUB'HANALLAHI RABIL ALAMINA, LA HAWLA WALA QUWATA ILA BILLAHIL AZIIZIL HAKIM: Nta yindi mana ikwiye kugaragirwa by'ukuri uretse Allah wenyine udafite uwo abangikanye nawe, Allah asumba byose, n'ikuzo n'ishimwe ni ibya Allah kenshi, ubutagatifu ni ubwa Allah Murezi w'ibiremwa byose, nta bushobozi nta mbaraga uretse gushobozwa na Allah, Ushishoza bihebuje
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Amagambo ya nyuma y'iswalat, uyavuze cyangwa se uyakoze nyuma y'iswalat y'itegeko atazakorwa n'ikimwaro; kuvuga SUBHANALLAH inshuro mirongo itatu n'eshatu, ALHAMDULILLAH inshuro mirongo itatu n'eshatu, ALLAH AKBAR inshuro mirongo itatu n'enye
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Iyo yinjiraga mu musigiti yaravugaga iti: AWUDHUBILLAHIL ADHWIM, WA BIWAJ'HIHIL KARIM, WA SULTWANIHIL QADIM, MINA SHAYTWANI RADJIIM: Nikinze ku izina rya Allah rihambaye, n'uburanga bwe butagatifu, n'ubutware bwe budafite intangiriro ngo andinde Shitani wavumwe
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Shaytwani izira umwe muri mwe ikamubaza iti: Ni nde waremye iki? Ni nde waremye iki? Kugeza ubwo imubajije iti: Ninde waremye Nyagasani wawe?? Uwo bizashyikira ajye yiragiza Allah ngo amurinde Shaytwani wavumwe, kandi arecyere aho ntakomeze kubitekerezaho!
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Umwe muri mwe niyinjira mu musigiti ajye avuga ati: ALLAHUMA FTAH LII AB'WABA RAHMATIKA: Mana nyugururira amarembo y'impuhwe zawe; nanasohoka ajye avuga ati: ALLAHUMA INI AS'ALUKA MIN FADW'LIKA: Mana ndagusaba ingabire zawe
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Iyo ni Shitani yitwa Khin'zabu, nujya uyumva ujye wikinga kuri Allah kugira ngo ayikurinde, maze uvume ibumoso bwawe inshuro eshatu
عربي Icyongereza. Iki Urdu