عَن أَبِي أُمَامَةَ قَالَ: حَدَّثَنِي عَمْرُو بْنُ عَبَسَةَ رضي الله عنه أَنَّهُ سَمِعَ النَّبِيَّ صَلَّى اللَّهُ عَلَيْهِ وَسَلَّمَ يَقُولُ:
«أَقْرَبُ مَا يَكُونُ الرَّبُّ مِنَ العَبْدِ فِي جَوْفِ اللَّيْلِ الآخِرِ، فَإِنْ اسْتَطَعْتَ أَنْ تَكُونَ مِمَّنْ يَذْكُرُ اللَّهَ فِي تِلْكَ السَّاعَةِ فَكُنْ».
[صحيح] - [رواه أبو داود والترمذي والنسائي] - [سنن الترمذي: 3579]
المزيــد ...
Hadith yaturutse kwa Abi Umamat yaravuze ati: Amri Ibun Abasat (Imana imwishimire) yaratuganirije avuga ko yumvise Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ivuga iti:
"Allah aba ari hafi cyane y'umugaragu we mu gicuku cy'igice cya nyuma cy'ijoro, nushobora kuba mu bo Allah azazirikana muri ibyo bihe uzabemo."
[Hadithi y'impamo] - [Yakiriwe na Abu Dawud na Tirmidhiy ndetse na A-Nasa'iy] - [Sunani A-Tirmidhiy - 3579]
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iragaragaza ko Allah Nyir'ubutagatifu aba ari bugufi y'umugaragu we muri kimwe cya gatatu cya nyuma cy'ijoro, yewe mwemeramana nushobozwa kuba umwe mu bagaragira Allah, bamusingiza ndetse banamwicuzaho muri icyo gihe, kubera ko ari ibyo umuntu akwiye kubyaza umusaruro ndetse akanabigiramo umuhate.