Urutonde rwa Hadithi.

Twahaye Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) igihango cyo kuyumva no kuyumvira byaba mu bitugoye cyangwa se mu bitworoheye, byaba mu byo dushishikariye no mu byo tudakunze, kabone n'iyo yaturutusha abandi cyangwa akatunyaga ibyacu
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Hazabaho abayobozi, muzamenya ibyabo bakora, mugire n'ibindi muyoberwa bakora, uzabimenya azaba arokotse, n'uzabiyoberwa azarokoka, ariko uzashimishwa na byo akabakurikira niwe uzaba afite ikibazo
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Iyo umugaragu arwaye cyangwa agiye mu rugendo, yandikirwa ibihembo by'ibikorwa yajyaga akora ari muzima, ndetse atari no ku rugendo
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Musohoze ubutumwa mwanyumviseho n'ubwo waba umurongo umwe, nta n'ikibazo mujye munavuga ku byerekeye bene Isiraheri , ariko uzambeshyera ku bushake, azitegure icyicaro cye mu muriro
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Idini ni ukugirana inama
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Mana Nyagasani uzahabwa inshingano z'ubuyobozi mu bayoboke banjye akabagora nawe uzamuteze ingorane, n'uzazihabwa akaboroherera nawe uzamworohere
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Nta muntu n’umwe Allah azashinga kuyobora abantu hanyuma umunsi azapfiraho agapfa yarabibye, usibye ko Allah azamuziririza kuzinjira mu Ijuru.”
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Uzigomeka ku buyobozi akanitandukanya n'imbaga y'abayisilamu agapfa (ari uko akimeze), uwo azaba apfuye urupfu rwa kijiji
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Nihagira uzaza agasanga muri umwe, muri inyuma y'umuyobozi umwe, agashaka kubumwambura no kubatatanya ngo mucikemo ibice, muzamwice
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Umwe muri umwe uzabona ikibi gikorwa ajye agikuzaho ukuboko kwe, natabishobora akoreshe ururimi rwe, natabishobora ababare ku mutima, ariko uko ni ukwemera guciriritse
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Mujye mwitwararika gutinya Allah, no kumva ndetse no kumvira kabone n'iyo umugaragu ukomoka ahitwa Habashat yaba ariwe muyobozi wanyu. Kandi nyuma yanjye muzabona ukutavuga rumwe gukomeye, muzitwararika imigenzo yanjye n'imigenzo y'abasigire banjye bayobotse ndetse bakanayobora abandi
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Hazabaho abayobozi babarutisha abandi ndetse bakanigwizaho imitungo yanyu ndetse muzanabababonaho ibintu mutazishimira", nuko babaza Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) bati: None udutegetse iki yewe Ntumwa y'Imana? Irabasubiza iti: Muzakore ibibareba mwumvira uwo muyobozi wanyu, musabe Allah ko mwabona uburenganzira bwanyu mwambuwe
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Urugero rw'umuntu ushikamye ku mategeko ya Allah n'utayubahiriza wayirengagije, ni nk'urugero rw'abantu bari mu bwato bakoze Tombola bamwe bakajya hejuru, abandi bakajya hasi
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Yewe Data wacu! Vuga uti: LA ILAHA ILA LLAH: Nta yindi mana ikwiye kugaragirwa by'ukuri uretse Allah, iri jambo nzaryifashisha nkuvuganira kwa Allah
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Mu by'ukuri abantu iyo barebereye umunyamahugu ntibamubuze, baba bari hafi yo kugerwaho bose n'ibihano bya Allah
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Buri ngingo zigize umuntu aba akwiye kuzitangira ituro
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Mwese muri abashumba, kandi mwese muzabazwa ibyo mwaragijwe
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Ndahiye k'ufite roho yanjye mu biganza bye, ko muri hafi kubona Ibun Mariam abamanukiye azanye ubutabera, akamena imisaraba, akica ingurube, agashyiraho umusoro, n'imitungo ikazaba myinshi kugeza ubwo nta n'umwe uzayemera
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Kandi njye ndi Dwimam Ibun Tha'alabat, umuvandimwe wa bene Saadi Ibun Bak'ri
عربي Icyongereza. Iki Urdu
Yemwe bantu! Mu by'ukuri Allah yabakuriyeho ubwibone bwa kijiji no kwiratana ibisekuru
عربي Icyongereza. Iki Urdu