+ -

عن أبي هريرة رضي الله عنه أن رسول الله صلى الله عليه وسلم قال:
«أَتَدْرُونَ مَا الْغِيبَةُ؟»، قَالُوا: اللهُ وَرَسُولُهُ أَعْلَمُ، قَالَ: «ذِكْرُكَ أَخَاكَ بِمَا يَكْرَهُ»، قِيلَ: أَفَرَأَيْتَ إِنْ كَانَ فِي أَخِي مَا أَقُولُ؟ قَالَ: «إِنْ كَانَ فِيهِ مَا تَقُولُ فَقَدِ اغْتَبْتَهُ، وَإِنْ لَمْ يَكُنْ فِيهِ فَقَدْ بَهَتَّهُ».

[صحيح] - [رواه مسلم]
المزيــد ...

Hadithi yaturutse kwa Abi Hurayrat (Imana imwishimire) yavuze ko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze iti:
“Ese muzi gusebanya icyo ari cyo? Baravuga bati: Imana n’Intumwa yayo ni bo babizi. Iravuga iti: Ni ukuvuga umuvandimwe wawe ibyo atishimira. Baravuga bati: Ese n’iyo naba muvuga ibimuriho? Iravuga iti: Iyo ibyo uvuga bimuriho uba umusebeje, naho iyo ibyo umuvuga bitamuriho uba umuharabitse.

Hadithi y'impamo - Yakiriwe na Muslim.

Ibisobanuro birambuye.

Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iragaragaza gusebanya kuziririjwe icyo ari cyo, ari byo bisobanuye kuvuga ku muyisilamu ibyo atishimiye byaba mu miterere ye ndetse n'imico ye nko kuvuga ko arebesha ijisho rimwe, ari umubeshyi n'ibindi mu bidashimishije, kabone n'iyo yaba ari uko ameze.
Ariko iyo umuvuzeho ibyo adafite ibyo biba birenze kumusebya , ndetse ni n'ikinyoma no kumuhimbira.

Ibisobanuro.: Icyongereza. Iki Urdu Icyesipanyole. Ikindoneziya. Ikiuyighuri Ikibengali Igifaransa. Igiturikiya Ibisobanuro mu rurimi rw'ikirusiya. Ikibosiniya. Ikinyasinihali Ibisobanuro mu rurimi rw'igihindi. Igishinwa Igiperisi Ikinyaviyetinamu. Igitagalogi Igikurude. Igihawusa. Igiporutigali. Ikimalayalamu Igitelugu Igiswahili Igitamili Ikinyaburuma Igitayilandi Ikidagi Ikiyapani Igipashuto Ikinyasimisi Ikinyalibaniya Ikinyasuwedi Ikinyamuharike Igiholandi Ikigujarati Igikirigizi Ikinepali. Ikiyoruba Ikilituwaniya Ikinyadari Igiseribe Igisomali Igitajiki
Kugaragaza Hadithi zasobanuwe mu zindi ndimi.

Zimwe mu nyungu dukura muri Hadithi.

  1. Uburyo bwiza Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yigishagamo, aho yigishaga mu buryo bwo kubaza.
  2. Imico myiza yarangaga abasangirangendo b'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ubwo babaga bari kumwe n'Intumwa y'Imana aho bayisubije ubwo yari ibabajije bati: Allah n'Intumwa ye nibo babizi.
  3. Ubajijwe ibyo atazi aba akwiye kuvuga ati: Allah niwe Mumenyi uhebuje.
  4. Uburyo amategeko yabungabunze umuryango mugari binyuze mu kurinda uburenganzira bw'abawugize ndetse n'ubuvandimwe hagati yabo.
  5. Gusebanya ni ikizira usibye mu bihe bimwe na bimwe nabwo bitewe n'inyungu runaka; nko gukumira amahugu, icyo gihe uwahugujwe akavuga uwamuhuguje amubwira ushobora kumurenganura, akaba yavuga ati: Nahugujwe na kanaka, cyangwa se yankoreye ibi n'ibi; harimo n'aho umuntu yasebya mugenzi we nk'igihe agishijwe inama ku muntu runaka igihe cyo kurongora, cyangwa se ubufatanye mu bucuruzi, cyangwa se guturana nawe n'ibindi.