Urutonde rwa Hadithi.

1. Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yajyaga ikunda gukoresha indyo igihe yambara inkweto, n'igihe iri gusokoza, n'igihe iri kwisukura, no muri gahunda zayo zose
عربي Icyongereza. Iki Urdu
2. Sinigeze mbona na rimwe Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iseka ngo itembagare, kugeza mbonye mu nkanka, ahubwo yaramwenyuraga - 2 ملاحظة
عربي Icyongereza. Iki Urdu
3. Umwe muri mwe nabona indoto akunze ziba ziturutse kwa Allah ajye abishimira Imana ndetse anazirotorere abandi, ariko nabona ikinyuranyo cyabyo cy'ibyo adakunze, izo ziba ziturutse kuri Shitani, ajye yikinga kuri Allah ngo amurinde ibibi byazo, kandi ntakagire uwo azibwira, icyo gihe ntacyo zizamutwara
عربي Icyongereza. Iki Urdu
4. Umuntu uzahabwa abakobwa babiri akabitaho kugeza bakuze, ku munsi w'imperuka azaza njye na we tumeze gutya, nuko ihuza intoki zayo
عربي Icyongereza. Iki Urdu
5. Iyo bitaza kuba ari ukugora abemeramana cyangwa se abayoboke banjye, nari kubategeka koza mu kanwa buri uko bagiye gusali
عربي Icyongereza. Iki Urdu
6. Nta munsi n'umwe bucya, usibye ko hazaba abamalayika babiri, umwe akavuga ati: Mana Nyagasani ha uwitanze ingurane, undi akavuga ati: Mana Nyagasani ha uwanze kugira icyo atanga igihombo
عربي Icyongereza. Iki Urdu
7. Mukore uko mushoboye, munatinye Allah bijyanye n'ubushobozi bwanyu, mudakabije cyangwa se ngo murengere, kandi muzirikane ko nta n'umwe uzarokoka kubera ibikorwa bye." Nuko barayibaza bati: Nawe yewe Ntumwa y'Imana? Irabasubiza iti: Nanjye, cyeretse Allah angiriye impuhwe ze n'ubuntu bwe
عربي Icyongereza. Iki Urdu
8. Mana Nyagasani nikinze ku kwishimirwa nawe ngo undinde uburakari bwawe, no kurokora kwawe ngo undinde ibihano byawe, kandi nanakwikinzeho ngo undinde ibibi byambaho biguturutseho, sinarondora ibisingizo ukwiye, ahubwo bingana nk'uko wabyivugiye ubwawe
عربي Icyongereza. Iki Urdu
9. Ese mbabwire abantu bo mu ijuru? Buri munyantege nke ucisha macye, nyamara aramutse arahiye ku izina rya Allah ngo agire icyo amukorera yakimukorera! Ese mbabwire abantu bo mu muriro? Ni buri munyamwaga wese, umwibone wanga kumva ukuri no kukwemera
عربي Icyongereza. Iki Urdu
10. Nzi ijambo rimwe aramutse arivuze, biriya byamubayeho byarangira, aramutse avuze ati: Nikinze kuri Allah ngo andinde Shitani, biriya byose byamubayeho byahita bishira
عربي Icyongereza. Iki Urdu
11. Inzozi nziza zituruka kwa Allah, naho imbi zituruka kwa Shitani, umwe muri mwe narota indoto mbi zimuteye ubwoba, ajye avuma ibumoso bwe, anikinge kuri Allah ngo amurinde ibibi byazo, icyo gihe ntacyo zizamutwara
عربي Icyongereza. Iki Urdu
12. Nabajije Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) nti: Yewe Ntumwa y'Imana? Kurokoka ni gute? Iransubiza iti: "Jya urinda ururimi rwawe, inzu yawe ibe iguhagije, kandi ujye uririra ibyaha byawe
عربي Icyongereza. Iki Urdu
13. Njye mpa umugaragu wanjye nshingiye k'ubyo yizera kuri njye, kandi mporana nawe iyo anzirikanye - 6 ملاحظة
عربي Icyongereza. Iki Urdu
14. Nabajije Aishat nti: Ni ikihe kintu Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yajyaga iheraho ubwo yabaga yinjiye mu rugo rwayo? Aravuga ati: Yabanzaga ikoza mu kanwa n'umuswaki
عربي Icyongereza. Iki Urdu
15. Igihe kimwe imbere y'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) bavuze umugabo waryamye mu ijoro bumucyeraho iravuga iti: Uwo mugabo Sheytwani yanyaye mu matwi ye, cyangwa se yaravuze iti: Mu gutwi kwe
عربي Icyongereza. Iki Urdu
16. Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yajyaga igira umuhate mu minsi icumi ya nyuma kuruta uwo yagiraga mu yindi minsi
عربي Icyongereza. Iki Urdu
17. Igihe cyose umugaragu ahishiriye mugenzi we hano ku isi, Allah nawe ku munsi w'imperuka azamuhishira
عربي Icyongereza. Iki Urdu
18. Umwe muri mwe ntazapfe, atizera Allah nkuko bikwiye
عربي Icyongereza. Iki Urdu
19. Niba uko uvuze ari ko uri waba umeze nkaho ubagaburira umucanga ushyushye, kandi Allah azakomeza kubagutsindira igihe cyose uzaba umeze gutyo
عربي Icyongereza. Iki Urdu
20. Nta birenge by'umugaragu byagiyeho ivumbi ari guharanira inzira ya Allah, bizagerwaho n'umuriro
عربي Icyongereza. Iki Urdu
21. (Nta bantu bazahaguruka mu cyicaro badasingije Allah, usibye ko bazahaguruka bameze nk’abari bicaye bari kurya intumbi y’indogobe, kandi bazaba bafite igihombo.)
عربي Icyongereza. Iki Urdu
22. Urugero rw'umuntu usingiza Nyagasani we n'utamusingiza ni nk'urugero rw'umuntu muzima n'uwapfuye
عربي Icyongereza. Iki Urdu
23. Mu byo ntinya mwazagwamo nyuma yanjye ni ukuzafungurirwa imitako y'isi n'ubutunzi bwayo - 2 ملاحظة
عربي Icyongereza. Iki Urdu
24. Uzanezezwa n'uko Allah azamukiza ingorane ku munsi w'imperuka azorohereze umufitiye umwenda cyangwa se anawumubabarire
عربي Icyongereza. Iki Urdu
25. Igihano cyoroshye kizahabwa abantu bo mu muriro ni umuntu uzambikwa inkweto ebyiri zo mu muriro, zitogosa ubwonko bwe nk'uko isafuriya iri ku ziko itogota, azabona nta muntu umurusha ibihano bikomeye, kandi ari we uzaba yahawe ibihano byoroheje
عربي Icyongereza. Iki Urdu
26. Ku munsi w'imperuka umwemeramana azegera Nyagasani we kugeza ubwo amushyizeho ipaziya, maze yiyemerere ibyaha yakoze
عربي Icyongereza. Iki Urdu
27. Jya utera isi umugongo, Imana izagukunda, unatere umugongo ibitunzwe n'abantu, abantu bazagukunda
عربي Icyongereza. Iki Urdu
28. Icyiza ni ukurangwa n'imico myiza, naho ikibi ni cya kindi ukoze kikakubuza amahoro mu mutima wawe, kandi ukanga ko abantu bakimenya
عربي Icyongereza. Iki Urdu
29. Ikaramu ihagarika kwandika ku bantu batatu: Ku muntu uryamye kugeza abyutse, no ku mwana kugeza agaragaweho n'ibimenyetso by'ubukuru, no ku musazi kugeza agaruye ubwenge - 2 ملاحظة
عربي Icyongereza. Iki Urdu
30. Ese Allah ntiyabashyiriyeho ibyo mwatangamo amaturo? Buri uko usingije Allah uvuga uti: SUBHANALLAH (Ubutagatifu ni ubwa Allah) wandikirwa nk'utanze ituro, na buri uko uvuze ALLAH AKBAR (Allah asumba byose) wandikirwa nk'utanze ituro, na buri uko uvuze AL HAMDULILLAH (Ikuzo n'ishimwe ni ibya Allah) wandikirwa nk'utanze ituro, na buri uko uvuze LA ILAHA ILA LLAH (Nta yindi mana ikwiye gusengwa utetse Allah) wandikirwa nk'utanze ituro, no kubwirizanya gukora ibyiza wandikirwa nk'utanze ituro, no kubuzanya ibibi wandikirwa nk'utanze ituro, ndetse no kugirana imibonano hagati y'abashakanye bandikirwa nk'abatanze ituro! - 2 ملاحظة
عربي Icyongereza. Iki Urdu
31. Uzorohereza umwemeramana mugenzi we imwe mu ngorane za hano mu isi, Allah nawe azamukuriraho zimwe mu ngorane zo ku munsi w'imperuka
عربي Icyongereza. Iki Urdu