+ -

عَن ابْنِ عُمَرَ رضي الله عنهما:
أَنَّ رَسُولَ اللَّهِ صَلَّى اللهُ عَلَيْهِ وَسَلَّمَ كَانَ يَرْفَعُ يَدَيْهِ حَذْوَ مَنْكِبَيْهِ إِذَا افْتَتَحَ الصَّلَاةَ، وَإِذَا كَبَّرَ لِلرُّكُوعِ، وَإِذَا رَفَعَ رَأْسَهُ مِنَ الرُّكُوعِ، رَفَعَهُمَا كَذَلِكَ أَيْضًا، وَقَالَ: «سَمِعَ اللَّهُ لِمَنْ حَمِدَهُ، رَبَّنَا وَلَكَ الحَمْدُ»، وَكَانَ لاَ يَفْعَلُ ذَلِكَ فِي السُّجُودِ.

[صحيح] - [متفق عليه] - [صحيح البخاري: 735]
المزيــد ...

Hadith yaturutse kwa Ibun Umar (Imana imwishimire we na se) yavuze ko:
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yajyaga izamura amaboko yayo kugeza ahareshya n'intugu zayo igihe itangiye gusali, n'igihe ivuze Allah Akbar yunamye (Ruku'u), n'igihe yunamutse (ivuye Ruku'u) nabwo yarayazamuraga maze ikavuga iti: "SAMI'ALLAHU LIMAN HAMIDAHU, RABANA WA LAKAL HAMDU: Allah yumva umusingije, Mana Nyagasani ni wowe ukwiye gushimwa no gusingizwa;" ariko ntiyajyaga ibigenza kuriya igihe igiye kubama.

[Hadithi y'impamo] - [Yemeranyijweho na Bukhari na Muslim] - [Swahih Bukhari - 735]

Ibisobanuro birambuye.

Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yajyaga izamura amaboko yayo kugeza ahateganye n'intugu zayo iri gusali ahantu hatatu:
Aha mbere: Igihe yabaga itangiye gusali ivuze Allah Akbar yo gutangiza iswalat (Takbiratul Ih'ramu).
Aha kabiri: Iyo yabaga igiye kunama (Ruku'u)
Aha gatatu: Iyo yabaga yunamutse ivuye muri Ruku'u ndetse ikanavuga iti: "SAMI'ALLAHU LIMAN HAMIDAHU, RABANA WA LAKAL HAMDU: Allah yumva umusingije, Mana Nyagasani ni wowe ukwiye gushimwa no gusingizwa.
Ikindi nuko itajyaga izamura amaboko yayo igihe igiye kubama (Sudjud), cyangwa se yubamutse.

Ibisobanuro.: Icyongereza. Iki Urdu Icyesipanyole. Ikindoneziya. Ikiuyighuri Ikibengali Igifaransa. Igiturikiya Ibisobanuro mu rurimi rw'ikirusiya. Ikibosiniya. Ikinyasinihali Ibisobanuro mu rurimi rw'igihindi. Igishinwa Igiperisi Ikinyaviyetinamu. Igitagalogi Igikurude. Igihawusa. Igiporutigali. Ikimalayalamu Igitelugu Igiswahili Igitayilandi Igipashuto Ikinyasimisi Ikinyasuwedi Ikinyamuharike Igiholandi Ikigujarati Igikirigizi Ikinepali. Ikiyoruba Ikinyadari Igisomali Ikinyaromaniya Iki oromo
Kugaragaza Hadithi zasobanuwe mu zindi ndimi.

Zimwe mu nyungu dukura muri Hadithi.

  1. Mu mpamvu zo kuzamura amaboko igihe cyo gusali, nuko ari ikimenyetso cy'umutako w'iswalat, no kubahisha Allah Nyir'ubutagatifu.
  2. Byashimangiwe biturutse ku Ntumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ko yazamuraga amaboko yayo ahandi ha kane nk'uko byaje mu mvugo ya Abu Humaydi A-Sa'idiy nkuko bimeze mu gitabo cya Abu Daud n'abandi, ariho igihe yabaga ihagurutse kuri Raka'at ya gatatu ivuye mu kwicara hagati ya Raka ebyiri, ku iswalat zifite Raka eshatu cyangwa se enye.
  3. Byanashimangiwe kandi biturutse ku Ntumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ko yajyaga izamura ibiganza ikabiringaniza n'amatwi itayakozeho mu mvugo ya Malik Ibun Al Huwayrith mu bitabo bibiri bya Bukhari na Muslim (A-Swahihayni) yavuze ko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iyo yavugaga Allah Akbar yazamuraga amaboko yayo kugeza aharaninganiye n'amatwi yayo."
  4. Guhuriza hamwe kuvuga SAMIALLAHU LIMAN HAMIDAH ni umwihariko ku muntu uyoboye iswalat (Imam) cyangwa se asari ari wenyine, naho uyobowe mu iswalat we aravuga ati: RABANA WALAKAL HAMDU: Nyagasani wacu ni wowe Nyir'ugushimwa no gusingizwa.
  5. Kuvuga aya magambo "RABANA WALAKAL HAMDU: Nyagasani Mana yacu ni wowe Nyir'ugushimwa na Nyir'ugusingizwa nyuma yo kuva Ruku, bikomoka ku Ntumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) aho yabivuze mu buryo bune, ubu bukaba ari bumwe muri bwo; ariko ibyiza nuko umuntu akwiye kuyakurikiranya, rimwe akabivuga atya, ubundi akabivuga ukundi.