+ -

عَنِ الْعَبَّاسِ بْنِ عَبْدِ الْمُطَّلِبِ رضي الله عنه أَنَّهُ سَمِعَ رَسُولَ اللهِ صَلَّى اللهُ عَلَيْهِ وَسَلَّمَ، يَقُولُ:
«ذَاقَ طَعْمَ الْإِيمَانِ مَنْ رَضِيَ بِاللهِ رَبًّا، وَبِالْإِسْلَامِ دِينًا، وَبِمُحَمَّدٍ رَسُولًا».

[صحيح] - [رواه مسلم] - [صحيح مسلم: 34]
المزيــد ...

Hadith yaturutse kwa Al Abass Ibun Abdul Mutwalib (Imana imwishimire) yavuze ko yumvise Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ivuga iti:
"Yamaze gusogongera ku buryohe bw'ukwemera, wa wundi uzashimishwa nuko Allah ari we Nyagasani we, n'ubuyisilamu bukaba idini rye, na Muhamadi akaba ari we Ntumwa ye".

[Hadithi y'impamo] - [Yakiriwe na Muslim] - [Swahih Muslim - 34]

Ibisobanuro birambuye.

Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iragaragaza ko umwemeramana w'ukuri mu kwemera kwe kuzuye umuti we, azumva muri we ituze n'umunezero ndetse n'uburyohe bwo kwiyegereza Allah, nanezezwa n'ibintu bitatu:
Icya mbere: Kunezezwa n'uko Allah ari we Nyagasani we, igituza cye kikakira ibiturutse kwa Allah nk'amafunguro n'ibindi amugenera, bityo ntiyijujute ngo yange ibyo yamugeneye muri ibi, kandi ntagire undi asaba utari Allah Nyagasani we.
Icya kabiri: Kunezezwa nuko ubuyisilamu ari ryo dini rye, bityo igituza cye kikakira ibikubiye mu nyigisho z'ubuyisilamu nk'amategeko n'ibindi acyeneye, ntagire ibindi aharanira bitari ubuyisilamu.
Icya gatatu: Akanezezwa nuko Muhamadi (Imana imuhe amahoro n'imigisha) ari Intumwa, igituza cye kikakira ndetse kinanezezwa n'ibyo Intumwa Muhamadi yazanye byose nta bishidikanyeho, nta nanyure mu yindi nzira idahuye n'umuyoboro wayo.

Zimwe mu nyungu dukura muri Hadithi.

  1. Ukwemera kuryohera imitima, nkuko ibyo kurya no kunywa biryohera akanwa.
  2. Umubiri ntiwumva uburyohe bw'ibyo kurya no kunywa usibye igihe ari muzima, ni nk'uko umutima udafite uburwayi bw'irari riyobya no kurarikira ibiziririjwe ugira uburyohe bw'ukwemera. N'igihe cyose urwaye nturyoherwa n'ukwemera, ahubwo ushobora kubatwa n'irari n'ibindi byaha.
  3. Umuntu iyo anyuzwe akishimira ikintu kiramworohera ntikimugore, ndetse akanishimira ibyacyo byose, bigasesekara no ku mutima we, ni nkuko umwemeramana iyo umutima we winjiyemo ukwemera, yoroherwa no gukora ibituma yumvira Allah ndetse ukanabyishimira ntibinamugore.
  4. Umumenyi Ibun Al Qayyim yaravuze ati: Iyi Hadith ikubiyemo kunyurwa nuko Allah ari we Nyagasani wenyine mu bikorwa akora, no mu bikorwa abagaragu bamukorera, ndetse no kunyurwa n'Intumwa ye no kuyumvira, no kunyurwa n'idini rye no gukurikiza amategeko yaryo yose.
Ibisobanuro.: Icyongereza. Iki Urdu Ikindoneziya. Ibisobanuro mu rurimi rw'ikirusiya. Ikibosiniya. Ikinyasinihali Ibisobanuro mu rurimi rw'igihindi. Igiperisi Ikinyaviyetinamu. Igitagalogi Igikurude. Igihawusa. Igiporutigali. Ikimalayalamu Igitelugu Igiswahili Igipashuto Ikinyasimisi Ikinyasuwedi Ikinyamuharike Igiholandi Ikigujarati Igikirigizi Ikinepali. Igiseribe Ikinyaromaniya Igihongari Igiceki. الموري Ikimalagashi Ikinya Azeri Ikinya Ukereni الجورجية المقدونية
Kugaragaza Hadithi zasobanuwe mu zindi ndimi.