عَنْ أَبِي هُرَيْرَةَ رضي الله عنه قَالَ: قَالَ رَسُولُ اللهِ صَلَّى اللَّهُ عَلَيْهِ وَسَلَّمَ:
«مَا يَزَالُ البَلاَءُ بِالمُؤْمِنِ وَالمُؤْمِنَةِ فِي نَفْسِهِ وَوَلَدِهِ وَمَالِهِ حَتَّى يَلْقَى اللَّهَ وَمَا عَلَيْهِ خَطِيئَةٌ».
[حسن] - [رواه الترمذي وأحمد] - [سنن الترمذي: 2399]
المزيــد ...
Hadith yaturutse kwa Abu Hurayrat (Imana imwishimire) yaravuze ati: Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti:
"Ibigeragezo bizakomeza kwibasira umwemeramana n'umwemeramanakazi kuri we no mu rubyaro rwe, no mu mitungo ye kugeza ubwo azahura na Allah, nta cyaha na kimwe agifite."
[Hadithi nziza] - [Yakiriwe na Tirmidhi na Ahmad] - [Sunani A-Tirmidhiy - 2399]
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze ko ibigeragezo bitazigera bitandukana n'umugaragu w'umwemeramana n'umwemeramanakazi byaba kuri we ubwe nko ku buzima bwe, no ku mubiri we, no mu rubyaro rwe nk'uburwayi, no gupfusha, no kumwigomekaho ndetse n'ibindi. No mu mutungo we nko kuba yakena, n'ubucuruzi bugahomba cyangwa se bukibwa, cyangwa se ubuzima bukamugora akabura amafunguro, kugeza ubwo Allah amubabarira ibyaha bye byose kubera ibyo bigeragezo kugeza ubwo azahura na Allah nta cyaha na kimwe afite.