عَنْ أَبِي هُرَيْرَةَ رَضِيَ اللَّهُ عَنْهُ عَنِ النَّبِيِّ صَلَّى اللهُ عَلَيْهِ وَسَلَّمَ قَالَ:
«إِنَّ اللَّهَ تَجَاوَزَ عَنْ أُمَّتِي مَا حَدَّثَتْ بِهِ أَنْفُسَهَا، مَا لَمْ تَعْمَلْ أَوْ تَتَكَلَّمْ».
[صحيح] - [متفق عليه] - [صحيح البخاري: 5269]
المزيــد ...
Hadith yaturutse kwa Abi Hurayrat (Imana imwishimire) yavuze ko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze iti:
"Mu by'ukuri Allah yababariye abayoboke banjye ibyo imitima yabo yatekereza ariko ntibabikore cyangwa se ngo babivuge."
[Hadithi y'impamo] - [Yemeranyijweho na Bukhari na Muslim] - [Swahih Bukhari - 5269]
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iravuga ko umuyisilamu ataryozwa ibyo yatekereje ku mutima we gukora bibi igihe atarabikora cyangwa se ngo abivuge, kubera ko ibyo Allah yabimubabariye, bityo Allah ntahanira abayoboke b'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ibikiri mu ntekerezo n'imigambi bagishidikanyaho igihe cyose bitashikama mu mitima yabo nk'ubwibone, uburyarya cyangwa se ibikorwa n'ingingo z'imibiri yabo cyangwa se ngo babivuge n'indimi zabo, kuko ibyo byo barabihanirwa.