عَنْ أَبِي هُرَيْرَةَ رضي الله عنه أَنَّ رَسُولَ اللهِ صلى الله عليه وسلم قَالَ:
«إِذَا مَاتَ الْإِنْسَانُ انْقَطَعَ عَنْهُ عَمَلُهُ إِلَّا مِنْ ثَلَاثَةٍ: إِلَّا مِنْ صَدَقَةٍ جَارِيَةٍ، أَوْ عِلْمٍ يُنْتَفَعُ بِهِ، أَوْ وَلَدٍ صَالِحٍ يَدْعُو لَهُ».
[صحيح] - [رواه مسلم] - [صحيح مسلم: 1631]
المزيــد ...
Hadith yaturutse kwa Abu Hurayrat (Imana imwishimire) yavuze ko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze iti:
"Iyo umuntu apfuye ibikorwa bye byose birahagarara usibye bitatu: Ituro yatanze rihoraho, cyangwa se ubumenyi yigishije bufitiye abandi akamaro, cyangwa se umwana mwiza asize uzajya amusabira."
[Hadithi y'impamo] - [Yakiriwe na Muslim] - [Swahih Muslim - 1631]
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze ko ibikorwa by'umuntu birangirana n'igihe apfuye, bityo ntakomeza kwandikirwa ibyiza nyuma yo gupfa kwe usibye mu bintu bitatu yagizemo uruhare:
Icya mbere: Ituro akomeza kubonera ibihembo bihoraho nk'ibikorwa bifitiye abandi umumaro, nko kubaka imisigiti, gucukura amariba n'ibindi.
Icya kabiri: Ni ubumenyi bugirira akamaro yasize atanze nko kwandika ibitabo, cyangwa se akigisha umuntu, wa muntu nawe agakwirakwiza bwa bumenyi nyuma yo gupfa kwe.
Icya gatatu: Ni umwana mwiza w'umwemeramana yasize usabira ababyeyi be.